25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
Home«Kenya igomba kuduha ibisobanuro» Leta ya RD-Congo yariye Karungu nyuma yishingwa rya...

«Kenya igomba kuduha ibisobanuro» Leta ya RD-Congo yariye Karungu nyuma yishingwa rya AFC (Alliance Fleuve Congo)

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yijunditse Kenya iyihora kuba yaremeye ko ihuriro Alliance Fleuve Congo rishingirwa ku butaka bwayo.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Ku wa Gatanu tariki ya 15 Ukuboza ni bwo iri huriro rya Politiki ariko rinafite igisirikare ryashingiwe i Nairobi muri Kenya.

Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Congo afatanyije n’imitwe irimo M23 ndetse n’abanyapolitiki barenga 260 batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC ni bo barishinze.

Nangaa mu kiganiro aheruka guha RFI, yavuze ko ihuriro AFC nibirishobokera rizakuraho ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Ati: “Kugera ku byo twiyemeje nibiba ngombwa ko tujya i Kinshasa tugafata ubutegetsi, tuzabikora.”

Guverinoma ya RDC biciye mu muvugizi wayo akanaba Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, ubwo yari kuri Radiyo na Televiziyo y’igihugu yavuze ko Kenya izagirwaho ingaruka no kuba yaremeye kwakira Nangaa na bagenzi be.

Yagize ati: “Ntidushobora kwiyumvisha buryo ki igihugu nka Kenya dukorana bya hafi mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RDC cyakwakira igikorwa nka kiriya. Iki gikorwa kizagira ingaruka. Kenya igomba kuduha ibisobanuro kuri uyu mutwe w’inyeshyamba wavutse.”

Corneille Nangaa kuri ubu usigaye uba mu buhungiro, yasabye abanye-Congo ndetse n’abaturanyi babo mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba gushyigikira ririya huriro, kugira ngo RDC izabashe kugera ku mahoro arambye.

Nangaa yashinze ihuriro rigamije kurwanya Tshisekedi, mu gihe yari amaze igihe agaragaza ko uyu Perezida wa RDC yagiye ku butegetsi bigizwemo uruhare na Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi mu myaka itanu ishize.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here