24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruKenya: Umusore yasambanyije nyirakuru we w' imyaka 72 y' amavuko bamaze gusangira...

Kenya: Umusore yasambanyije nyirakuru we w’ imyaka 72 y’ amavuko bamaze gusangira inzoga

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Abaturage bo mu mudugudu wa Kegwa, mu Ntara ya Kirinyaga, bari mu gahinda no mu gushidikanya nyuma y’uko umukecuru w’imyaka 72, Margaret Wanduma Maina, yishwe n’ umuhungu we amaze kumusambanya ubwo barimo basangira inzoga.

 

Umurambo wa nyakwigendera wasanzwe mu ishyamba rya Njukiini, ku mugoroba wo ku Cyumweru.

Umwe mu batangabuhamya, Charles Kabuga, yavuze ko yamenye ibyabaye ubwo yabonaga umubiri w’umugore wambaye ubusa iruhande rwe hari n’umukandara w’umugabo.

Undi watanze amakuru , yavuze ko ibyangombwa bya Wanduma birimo indangamuntu ye n’ikarita y’amafaranga ya banki byabonetse aho ibyabereye.

Amakuru avuga ko James Njiru uzwi nka ‘Matheri’ yari kumwe na nyirakuru we barimo gusangira inzoga i Muthigini ku mugoroba wo ku wa Gatandatu ,ariko abantu baza gutungura no kumva yishe nyirakuwe.

Nyuma yo gufatwa, uwo musore yemeje ko yiciye nyirakuru we. Yagize ati: “Nyirakuru niwe yantegetse ko tugirana imibonano mpuzabitsina,”

Ubuyobozi bwa polisi ya Kirinyaga y’Iburasirazuba bwemeje iby’icyaha cy’ubwicanyi, bwavuze ko Njiru hamwe n’umwe mu bo mu muryango we bafashwe kandi bakiri mu maboko ya polisi ku kigo cya Kianyaga.

Umurambo wa Nyakwigendera mbere yo gushyingurwa yajyanywe na Polisi kwa muganga kugira ngo ubanzwe ukorerwe isuzuma.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here