18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruKigali: Hatangijwe ubukerarugendo bushingiye kuri siporo muri BK Arena

Kigali: Hatangijwe ubukerarugendo bushingiye kuri siporo muri BK Arena

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Inzu y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena ku bufatanye na Kigali City Tours na Ikaze Rwanda Tours, byatangije gahunda y’ubukerarugendo bushingiye kuri siporo yiswe “BK Arena Guide Tours”.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Ni igikorwa cyatangijwe ku mugagararo ku wa Gatanu, tariki 5 Gicurasi 2023, muri BK Arena, mu rwego rwo kubungabunga amateka y’ibikorwa bibera muri iyi nyubako ya mbere y’imyidagaduro mu Karere.

Umuyobozi wungirije wa BK Arena, Aaron Gaga, yavuze ko iyi gahunda yatekerejwe mu rwego rwo gukomeza kwimakaza ubukerarugendo by’umwihariko ubushingiye kuri siporo.

Yagize ati “Iyi serivisi twayitekereje nyuma yo kubona abantu benshi bagirira amatsiko iyi nyubako. Nk’uko mubizi, igihugu cyacu cyahisemo kuba igicumbi cyo kwakira inama n’imikino itandukanye. Ni muri urwo rwego tugira ngo dusigasire amateka y’ibikorwa bitandukanye bihabera.”

Umuyobozi wa Ikaze Rwanda Tours, Nkundabagenzi Yves, yavuze ko iyi serivisi izafasha abagana BK Arena kugera aho batageraga.

Yagize ati “Iyi serivisi twayishyizeho mu rwego rwo gufasha abari basanzwe baza muri Arena kugera aho batageraga. Ikindi ni ukwiga ku bana wenda biga ubwubatsi baza kureba uko iyi nyubako yubatse n’ikoranabuhanga yubakanye.”

Yakomeje avuga ko ari umwanya mwiza wo kureba amahirwe ahari kuri ba rwiyemezamirimo bategura ibikorwa bitandukanye.

Ati “Niba ari abategura ibitaramo, hari amahirwe yo kuzenguruka inzu bakareba ibikorwa bitandukanye yakorerwamo kuko si inyubako ya Basketball gusa nk’uko ubona abantu benshi babitekereza.”

Ubuyobozi bwa BK Arena butangaza ko mu minsi iri imbere buzakomeza kwagura ibikorwa byayo bitandukanye birimo gukora inzu ndangamurage, gufungura resitora ikora iminsi yose abantu bashobora gusohokeramo n’ibindi bitandukanye.

Biteganyijwe ko iyi serivisi yo gusura iyi nyubako izatangira tariki 6 Gicurasi 2023, aho izajya ikorwa mu minota 30 kugera ku masaha abiri, iminsi yose uretse uriho ibikorwa.

Ibiciro byo kubona iyi serivisi ni ibihumbi 10 Frw ku Banyarwanda, $15 ku banyamahanga baba mu gihugu ndetse na $20 ku banyamahanga bataba mu gihugu.

Abana bari munsi y’imyaka itanu baherekejwe n’ababyeyi bazajya binjirira ubuntu.

BK Arena ni inyubako y’imyidagaduro yakira abantu ibihumbi 10 bicaye neza, ikorerwamo ibikorwa bitandukanye nk’inama, ibitaramo ndetse n’imikino nka Basketball, Volleyball, Handball, Tennis ikinirwa mu nzu, imikino njyarugamba n’ibindi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here