25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuru«Kuva mu mwiherero wa Miss Zuri Africa Queen byari bigoye» Pamella avuga...

«Kuva mu mwiherero wa Miss Zuri Africa Queen byari bigoye» Pamella avuga uko yahuye na The Ben

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina” akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe. Ni amagambo agaragara muri Bibiliya, ari nayo yanditse ku rupapuro rw’ubutumire bw’abazitabira ubukwe bwa The Ben na Pamella.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Ni amagambo ashimangira ko The Ben agiye kuva mu ngaragu ndetse akarushinga na Uwicyeza Pamella. Aba bombi bari barahanye isezerano ryo kubana imbere y’amategeko mu 2022, ariko batarabihamya imbere y’Imana, inshuti n’imiryango.

Ku wa 15 Ukuboza hazabaho umuhango wo gusaba no gukwa mu gihe ku wa 23 uko kwezi , hazabaho undi wo gusezerana kubana akaramata mu birori bizabera muri Kigali Convention Centre.

Bahuriye i Nairobi

Mu makuru The Ben yanyujije ku rubuga rwe n’umukunzi we Pamella, yagaragaje ko bwa mbere bahura byari tariki 24 Ugushyingo 2019, mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya.

Ati “Icyo gihe ururimi rw’urukundo rudashobora kuvugwa rwahise rwiyerekana.’’

Akomeza avuga ko icyo gihe yamubonanye byinshi byamukuruye birangajwe imbere n’inseko ye, bituma amwiyumvamo bidasanzwe ndetse atangira gutekereza ku hazaza habo.

Ati “Guhera uwo munsi, umutima wanjye ntabwo wari ukiri uwanjye ahubwo wahise uba uwe.’’

Pamella yeteye ibuye rimwe, yica inyoni ebyiri

Uwicyeza ubwo yahuraga na The Ben mu 2019 yari yagiye muri Kenya yitabiriye irushanwa rya Miss Zuri Africa Queen yanabonyemo ikamba ry’igisonga cya mbere.

Yavuze ko nyuma yo guhura na The Ben muri icyo gihugu ari mu mwiherero w’irushanwa, byamwanze mu nda bikarangira awutorotse n’ubwo bitari byoroshye.

Ati “Hari ku wa Gatatu imvura igwa cyane, gusa twese nta wakuraga ijisho ku wundi. Amaso ntajya abeshya. Ijwi rye, gusetsa[…] ndetse mu by’ukuri yahumuraga neza. The Ben yanjyanye kureba filime bwari ubwa mbere dusohokanye ndetse byatumye mukunda cyane. Ntabwo byari byoroshye kuva mu mwiherero wa Miss Zuri Africa Queen ariko nashatse umwanya wacu.”

Mu 2022 Uwicyeza avuga ko nyuma y’igihe yari amaze akundana na The Ben, bageze aho barashyikirana cyane kugeza ubwo uyu muhanzi amusabye ko yamubera umugore undi ntiyazuyaza.

Ati “N’ubu ibyo bihe ntabwo ndabyiyumvisha. Twajyanye muri Maldives kuko twese dukunda gutembera cyane, ubwo umukunzi wanjye yansabaga ko nazamubera umugore afashe impeta nziza cyane hagati mu nyanja y’Abahinde, n’ibyishimo byinshi naravuze nti ‘yego’. Naramwongoreye mu matwi ngo ‘mbega igihe cyo kubaho’.’’

Akomeza avuga muri uwo mwaka wa 2022 bitarangiriye aho, kuko ari bwo basezeranye imbere y’amategeko, umunsi Pamella afata nk’uw’ibyishimo bidasanzwe.

2023, tugiye kurushinga!

Aba bombi bavuga ko ari iby’agaciro gusangiza inkuru ishimishije abakunzi babo y’uko bagiye kurushinga.

Bati “Ibyishimo mu mitima yacu ni byinshi cyane ndetse sitwe tuzabona dutangiranye uru rugendo turi kumwe. Urukundo rwanyu no kudushyigikira bivuze byinshi kuri twe, ndetse turabishimira kuba tubafite ku ruhande rwacu mu gihe turi gutangira urugendo rushya mu buzima bwacu.’’

Ubukwe bwa The Ben umuntu uzashaka kubukurikira kuri Internet azishyura 700 Frw. Bwitezwemo ibyamamare bitandukanye mu Rwanda no hanze yarwo muri ibyo uwamaze kwemeza kuzabutaha ni Meddy.

Abazitabira ubu bukwe basabwa kuzambara umwambaro ujyanye n’ibirori.

Uwicyeza Pamella w’imyaka 24 yamenyekanye yitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2019 akabasha kuza muri 20 bagiye mu mwiherero.

The Ben we yavukiye i Kampala ku wa 9 Mutarama 1988[bivuze ko afite imyaka 35]. Ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda no mu karere muri rusange. Abazashaka gukurikira ubu bukwe bazakoresha uru rubuga rwabo.

Latest stories

spot_img