24.4 C
Africa
Maandag, Desember 15, 2025
HomeLt. Patrick Gisore Kabogo yaba agiye guhambwa ubutabera - Human Rights Watch

Lt. Patrick Gisore Kabogo yaba agiye guhambwa ubutabera – Human Rights Watch

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Mu nkuru igaragara k’urubuga rw’Umuryango Human Rights Watch ivuga ko uyu muryango wasabye Leta ya Congo kuburanisha abakekwaho guhitana Lt. Patrick Gisore Kabogo, umusirikare w’icyo gihugu uherutse kwicishwa amabuye no gutwikwa ashinjwa kuba Umututsi.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Gisore wari ufite imyaka 42 yishwe n’agatsiko k’abaturage bamutangiriye mu mujyi wa Goma tariki 9 Ugushyingo, bamushinja gukorana na M23 kuko ngo asa n’abayigize.

Yari umusirikare wa Congo wari uvuye mu kazi, akaba akomoka muri Kivu y’Amajyepfo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Inzobere ku bibazo bya Congo muri Human Rights Watch, Thomas Fessy yavuze ko urupfu rwa Gisore rushingiye ku ivangura kandi ko Leta ya Congo igomba kugira icyo ikora igahana ababifitemo uruhare.

Yagize ati “Guverinoma ya Congo yamaganye ubwo bwicanyi inatangiza iperereza ariko igomba gufata ingamba z’ubugizi bwa nabi bushingiye ku moko bukomeye kwiyongera mu gihugu.”

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Gisore ahagaze, yuzuye amaraso ku isura. Hari undi musirikare wa Leta ugerageza gukanga agatsiko k’insoresore zamugiriraga nabi ariko bakarushaho gusakuza bavuga ngo ‘Tugiye kumutwika.”

Mu yandi mashusho, Gisore agaragara aryamye hasi, insoresore ziri kumutera amabuye. Hari umusore umwe uza akamukubita urushyi.

Umwe mu bo mu muryango wa Gisore yavuze ko yahageze bamuteye amabuye yuzuye amaraso, bamushyize amapine ku ijosi no ku maguru, byumvikana ko bashakaga kumutwika.

Ati “Nateye induru mvuga ko atari umwe mu bagize M23 ariko nta n’umwe washakaga kunyumva, ahubwo barampindukiranye. Byabaye ngombwa ko nurira moto ndahunga kuko nanjye bashakaga kunyica.”

Human Rights Watch ivuga ko hari umusirikare wa Leta n’abasivile bane batawe muri yombi, icyakora ibyumweru bibaye bitatu nta makuru mashya y’ibyavuye mu iperereza arajya hanze.

Uyu muryango uvuga ko guhera umwaka ushize, Guverinoma ya Congo nayo yagiye ita muri yombi abatutsi benshi bashinjwa gukorana na M23, hashingiwe ku isura yabo gusa. Abenshi ngo baracyafungiye i Goma, Kinshasa na Bukavu.

Human Rights Watch yasabye ko abo bantu bafungurwa byihuse kuko ibyo bashinjwa nta shingiro bifite.

Gisore wishwe atewe amabuye, yinjie mu gisirikare cya Congo mu 1997. Yarashwe ukuboko arwanya M23 mu mwaka wa 2012, kuva ubwo yabaga mu gisirikare atemerewe kujya ku rugamba.

Indi nkuru wasoma

RDC: Uko byagenze kugirango M23 yivugane umwe mu bayobozi ba FDLR Col Ruhinda

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here