24.3 C
Africa
Sondag, Maart 22, 2026
HomeAndi makuruMacron yamaganye iyicwa ry’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF i Goma nyuma y’igitero cya drone

Macron yamaganye iyicwa ry’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF i Goma nyuma y’igitero cya drone

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko igihugu cye cyifatanyije n’umuryango, inshuti ndetse n’abo bakoranaga mu kababaro ko kubura Carine Buisset, Umufaransakazi wakoreraga UNICEF, wiciwe mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko Carine Buisset ari umwe mu bantu batatu bapfuye mu gitero cya drone cyagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu. Abandi bantu babiri bivugwa ko bapfuye muri icyo gitero ntibaramenyekana amazina yabo.

Kugeza ubu, UNICEF ntiragira icyo itangaza ku rupfu rw’uyu mukozi wayo.

Mu butumwa Perezida Macron yashyize ahagaragara, yavuze ko Ubufaransa bwifatanyije n’ababuze ababo muri ibi bihe bikomeye, anasaba ko uburenganzira bw’abaturage bubahirizwa muri kariya gace, ndetse ko hakwiye gufatwa ingamba zihutirwa zo kurengera ubuzima bw’abasivile.

Perezida Macron ni umwe mu bayobozi mpuzamahanga bagize uruhare mu mishyikirano yo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DR Congo, aho mu mwaka wa 2022 yagerageje ubuhuza nyuma y’igihe imirwano yongeye kubura hagati y’impande zihanganye.

Ku ruhande rwayo, AFC/M23 yatangaje ko igitero cya drone cyagabwe i Goma kuri uyu munsi ari ikindi kimenyetso cyo kurenga ku masezerano y’agahenge, ivuga ko cyakozwe n’uruhande rwa leta ya Congo.

Ku bijyanye n’ibi birego, Afrovera yatangaje ko yasabye igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kugira icyo kivuga kuri icyo gitero cyabereye i Goma, ariko kugeza ubu nta gisubizo kiratangwa.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here