22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruMinembwe abaturage bongeye kugira ikikango  nyuma yo kugabwaho ibitero bya Drone n'...

Minembwe abaturage bongeye kugira ikikango  nyuma yo kugabwaho ibitero bya Drone n’ ingabo za RDC zifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abaturage bakomeje kugira ubwoba nyuma y’ibitero bya drone byagabwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’igisirikare cy’u Burundi.

Amakuru aturuka mu bice bya Minembwe byibasiwe n’ibi bitero, birimo Rugezi na Mikenke, avuga ko drone zarashe ibisasu mu baturage, zigateza igihombo gikomeye ku mirima n’amazu.

Umwe mu batangabuhamya yagize ati
“Mu gitondo cya kare, drone z’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC zarashe ibisusu bibiri mu baturage bo mu Rugezi. Saa tatu n’iminota 38, izo drone zarashe ibindi bisasu mu gace ka Mikenke.”

Nubwo ubuyobozi butaratangaza ku mugaragaro imibare y’abapfuye cyangwa abakomeretse, abaturage basaba iperereza ryigenga n’ingamba zifatika zo kubarinda, kuko umutekano mu gace ukomeje kuba mubi.

Ibi bitero byaje byiyongera ku bindi byabaye ku Cyumweru aho drone zarashe ibisasu mu gace ka Rwitsankuku, gatuwe ahanini n’Abanyamulenge bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Abasesenguzi b’umutekano bavuga ko ikoreshwa rya drone mu bice bituwe n’abasivili ryongera isura mbi y’intambara mu Burasirazuba bwa RDC, aho abasivili bakomeje kuba igitambo cy’imirwano n’ibikorwa bya gisirikare.

Abaturage bo muri Minembwe barasaba ko hashyirwaho ingamba zihamye zo kubarinda no kugarura umutekano mu gace kabo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here