34.8 C
Africa
Woensdag, Desember 17, 2025
HomeAmakuruMinembwe : Gucibwa kwa Network ya Vodacom byateje umwiryane n' impungenge zikomeye...

Minembwe : Gucibwa kwa Network ya Vodacom byateje umwiryane n’ impungenge zikomeye mu baturage

Date:

Related stories

Nyuma y’amezi 10 y’intambara, umuhanda Bukavu–Uvira wongeye gufungurwa, Abaturage bishimye

  Nyuma y’amezi agera ku icumi yari amaze arangwa n’ihagarikwa...

RDC: Umutwe wa FDLR ufatanya na Leta kurwana na AFC/M23 wirukanye abaturage mu midugudu itanu

Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yongeye kwisanga mu mutekano muke ubwo abaturage b’imidugudu itanu bahungaga n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR isanzwe ifatanya n’ingabo z’ihuriro rya Leta kurwanya AFC/M23.   Ku wa mbere, abaturage bo mu midugudu ya Bonde la Afia, Tuonane, Bunyamwimbwa, Kifuruka na Kilambo, bavuye mu ngo zabo berekeza mu mujyi wa Busurungi bashaka umutekano w’ibanze.  Amakuru yizewe aturuka ku bayobozi b’inzego z’ibanze avuga ko FDLR, bayobowe n’uwiyita Gen Mudayongwa, yagabye igitero gikomeye ku mudugudu wa Tuonane ku Cyumweru, atwika inzu zose, ahitana abasivili babiri, abandi benshi barahunga. Umurongo w’ingenzi w’iki gitero ni uguhindura ako gace icyicaro cyo guhangana na AFC/M23.  Abaturage bavuze ko batinya ubwicanyi bwa FDLR, cyane cyane bibutse ibyabaye mu myaka yashize i Busurungi, Chambucha, Mianga na Malembe mu 2012, aho abantu benshi bishwe, inzu ziratwikwa, n’ubwoba bukaba bwari bwinshi.   Umwe mu baturage bahunze yagize ati: "Twahunze inzu zacu, tugana i Busurungi dushaka umutekano. Ariko umutima uracyari mu bwoba kubera ibyo twabonye mu myaka ishize....
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

 

Amakuru yizewe aturuka mu gace ka Minembwe, mu misozi y’i Mulenge ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aremeza ko itumanaho rya Vodacom ryahagaritswe by’agateganyo, igikorwa kivugwa ko cyakozwe n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi.

Nk’uko ayo makuru abivuga, umunara wa Vodacom uherereye ahazwi nka Point Zeroagace karimo ibirindiro bikuru (État-major) by’ingabo za FARDC mu misozi y’i Mulenge,ni wo wahagaritswe gukora. Iyi network yaciwe mu masaha y’ijoro, ahagana saa munani z’ijoro rishyira ku wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025, iza kongera gukora ahagana saa saba z’amanywa kuri uwo munsi.

Umwe mu baturage batuye muri ako gace, waduhaye ubuhamya, yagize ati:
“Bari badukatiye network y’umunara wa Vodacom uherereye kuri Point Zero, ariko ubu bongeye kuyirekura.”

Uyu muturage yagaragaje ko guhagarika itumanaho bigira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, cyane cyane ko benshi mu batuye Minembwe bishingikiriza ku mafaranga bohererezwa n’abana n’abavandimwe baba mu mahanga. Gucibwa kwa network bituma serivisi z’imari zihagarara, ubucuruzi bukadindira, bikongera ubwigunge n’agahinda mu gace gasanzwe kabangamiwe n’umutekano muke.

Yakomeje ashimangira ko iki gikorwa gifatwa nk’ubugizi bwa nabi bukorerwa Abanyamulenge batuye Minembwe, avuga ko atari ubwa mbere itumanaho rya Vodacom rihagaritswe muri ubu buryo. Ahubwo, asobanura ko ari ikibazo kimaze kumenyerwa, aho network icibwa kenshi mu bihe bitandukanye, bigasiga abaturage mu mwijima w’amakuru n’itumanaho.

Kugeza ubu, agace ka Point Zero, ahari umunara wa Vodacom, karacyagenzurwa n’ingabo za FARDC ku bufatanye n’iz’u Burundi. Nubwo uwo munara ari wo wifashishwa cyane n’abaturage ba Minembwe, hari n’indi minara yashyizwe mu Minembwe no mu Mikenke; icyakora, iyo nayo ntikoreshwa uko bikwiye kubera ikibazo cy’ibura ry’amavuta (mazutu) akenerwa mu kuyitwara.

Iki kibazo cyo guhagarika itumanaho gikomeje guteza impungenge zikomeye mu baturage no mu bakurikiranira hafi ibibera muri aka gace, kuko itumanaho rifatwa nk’umusingi w’ubuzima bwa buri munsi, ubukungu n’umutekano. Ku baturage ba Minembwe, gucibwa kwa network si ikibazo cya tekiniki gusa, ahubwo ni ugucibwa ku Isi no ku byiringiro byabo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here