18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruMinisitiri w’Intebe wa Zimbabwe yasezeranye n’umukunzi we yirengagije umwanzuro w’urukiko

Minisitiri w’Intebe wa Zimbabwe yasezeranye n’umukunzi we yirengagije umwanzuro w’urukiko

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Minisitiri w’Intebe wa Zimbabwe, Morgan Tsivangirai, yaserezanye kuzabana akaramata n’umukunzi we imbere y’amategeko gakondo yemera gushaka abagore barenze umwe. Ibi yabikoze nyuma y’uko urukiko ruhagaritse ubukwe bwe imbere y’amategeko ashyiraho iteka ryo gutunga umugore umwe.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Tsivangirai w’imyaka 60 yambikanye impeta y’urukundo rudashira na Elisabeth Macheka w’imyaka 35 mu bukwe bwabereye mu mujyi wa Harare.

Minisitiri Tsivangirai wari wambaye ikoti ry’umukara n’umugeni we yambaye ikanzu y’umweru ntibabashije gusinyira ko babanye imbere y’amategeko, nk’uko byari biteganyijwe mbere.

Tariki 15/09/2012 urukiko rwisumbuye rwanzuye ko Tsivangirai atemerewe gushaka undi mugore imbere y’amategeko kuko yemereye undi mukunzi witwa Locardia Tembo ko bazabana.

 Morgan Tsivangirai na Elisabeth Macheka.

Morgan Tsivangirai na Elisabeth Macheka.

Itangazamakuru rivuga ko Tsivangirai yakoye amafaranga menshi y’amadolari uwo mukunzi we Tembo ariko akaza guhagarika kubana na we nyuma yo gukuramo inda ye no kugirana umubano udasanzwe n’abo atavuga rumwe bo mu ishyaka rya ZANU-PF.

Abakurikiranira hafi ibya politiki yo mu gihugu cya Zimbabwe bemeza ko ukugaraguzwa agati imbere y’inkiko bamubuza kurongora undi mugore ari amacenga ya politiki yo kumwanduriza izina mu gihe yitegura kuzahangana n’umukambwe Robert Mugabe w’imyaka 88 mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu mwaka utaha.

Ku rundi ruhande, abasesengura politiki ya Zimbabwe batunga urutoki Tsivangirai ko ibirimo kumubaho muri iyi minsi yabizemo uruhare runini kubera kugirana umubano udasanzwe n’abagore benshi nyuma y’uko umugore ahitanwe n’impanuka y’imodoka mu mwaka wa 2009.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here