25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruMister Africa International igiye kubera kuri Internet? Ni wuhe musore uzaserukira u...

Mister Africa International igiye kubera kuri Internet? Ni wuhe musore uzaserukira u Rwanda ?

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Irushanwa rya Miss Rwanda rimaze imyaka irenga 2 rihagaritswe ni nako kandi  ryagize ingaruka no kuyandi marushanwa yafashaga abasore n’abakobwa guserukira u Rwanda mu bihe bitandukanye. Hamwe bitwaraga neza, ahandi bagataha amara masa.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Ibi byatumye u Rwanda rutazahagararirwa muri Miss World, rimwe mu marushanwa ane akomeye ku Isi. Hari n’andi marushanwa abasore n’abakobwa batazisangamo.

Umukobwa witwa Ashimwe Michelle aherutse gukora uko ashoboye abasha gutsindira kuzaserukira u Rwanda mu irushanwa Miss Global Heritage.

Yagombaga kugenda tariki 14 Nzeri 2023, ariko aherutse kubwira InyaRwanda ko hari impinduka zabayemo zatumye atabasha guhita yitabira iri rushanwa.

Iri rushanwa rigiye kuba mu gihe kimwe n’irushanwa rya Mister Africa International 2023 byamaze gutangazwa ko rizaba mu Ukwakira 2023. Kandi abasore 11 bamaze kwiyandikisha, ni mu gihe biteganyijwe ko rizitabirwa n’ibihugu 30.

Ubuyobozi bw’iri rushanwa, bwavuze ko rizaba hifashishijwe ikoranabuhanga bitandukanye n’ibindi bihe byabanje by’iri rushanwa.

SupraModel Rwanda Season 2 Tujyane Mwami Rwanda Global Top Model Final-2ND Edition

Bwavuze ko bwafashe icyemezo cyo gukora iri rushanwa bifashishije internet kubera ibibazo ‘by’amakimbirane biri kugaragara mu bihugu bitandukanye muri Afurika’.

Kandi bizera neza ko ubu buryo buzaba umwanya mwiza kuri benshi wo kugaragaza impano z’abo muri iri rushanwa bashize amanga. Cyane ko hari abatsindaga ariko bakabura itike yo kwitabira iri rushanwa.

Umusore ushaka guhatana muri iri rushanwa asabwa kwifata amashusho (Video) yivugaho mu buryo burambuye ndetse akohereza n’ifoto imugaragaza neza kuri Email: Misterafricainternational@gmail.com

Umusore uzatsinda azahembwa $10,000, azishyurirwa urugendo rw’indege mu Mujyi wa Londo, kandi bazamufasha kwitabira ibirori by’imideli bya European Fashion Week bizaba umwaka utaha mu 2024.

Abategura iri rushanwa bavuga ko ibi bihembo bitangwa bigamije gufasha umusore watsinze gushyira mu bikorwa umushinga we no kuzamura impano ye.

Bavuze ko iri rushanwa mu 2023 rizaba mu buryo bw’imbona nkubone, kandi hari icyizere cy’uko rizabera mu Rwanda.

Ni inde uzaserukira u Rwanda?

Mu 2021, iri rushanwa ryabereye mu gihugu cya Côte d’Ivoire. Icyo gihe u Rwanda rwahagarariwe na Rukundo Dismas waje gutahana rimwe mu Kamba yatanzwe.

Rukundo yatangiye ibijyanye no kumurika imideli mu 2016. Yitabiriye amarushanwa atandukanye arimo Miss & Mister Elegancy Rwanda ndetse yanitabiriye ishakisha ry’uwagombaga guhagararira u Rwanda muri Mister Supranational.

Hari ku nshuro ya cyenda iri rushanwa ryari ribaye. Ariko mu 2022 ntiryabaye bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Sunday Justin uri gufatanya n’abari gutegura iri rushanwa yabwiye InyaRwanda ko bashyizeho uburyo bwa Email «Misterafricainternational@gmail.com»

buzorohereza ‘abasore bo mu Rwanda bashaka guhatana muri iri rushanwa’. Uyu mugabo ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko bari gukora ibishoboka byose ku buryo iri rushanwa ryazabera mu Rwanda mu 2024.

Ati “Kuba amarushanwa atarasubukurwa ntivuze ko umunyarwanda atahagararira u Rwanda mu irushanwa nk’iri cyane ko rizabera kuri Internet.

Icyo umusore asabwa ni ukwiyandikisha, agakurikiza amabwiriza. Abashije kwitwara neza, byaduhesha amahirwe yo kuzakira iri rushanwa mu 2024, ni amahirwe rero kuri twe.”

Mu 2017 u Rwanda rwitabiriye iri rushanwa ruhagarariwe na Jean de Dieu Ntabanganyimana waje kwegukana ikamba, n’aho mu 2015 u Rwanda rwaserukiwe na Turahirwa Moses, wabaye igisonga cya mbere muri iri rushanwa

Abasore 11 bamaze kwiyandikisha kwitabira Mister Africa International 2023

 

Latest stories

spot_img