Umuhanzi Bruce Melodie yashimye abayobozi bo mu Rwanda ku ruhare bagira mu guteza imbere umuziki n’abahanzi, ariko abasaba ko barushaho kubishyira mu bikorwa, bakitabira n’ibitaramo by’abahanzi.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro Versus cya Televiziyo y’u Rwanda, ubwo yagarukaga ku ishusho y’uko abona umuziki nyarwanda muri iki gihe n’uruhare abayobozi bawugiramo.
Yagize ati:“Abayobozi mbaye mbashimiye aho bigeze, ariko turashaka kubabona mu bitaramo byacu. Turashaka kubabona mu myidagaduro, kandi ni ukuri, mureke kwifata, biraryoshye, ni byiza.”
Yakomeje ashimira Abanyarwanda ku bwo gukunda umuziki wabo, abasaba gukomeza kuwushyigikira aho bari hose. Yagize ati:“Abanyarwanda ndabashimira ikintu kimwe, ko musigaye mukunda umuziki wacu. N’ahandi muzajya mukomeze mushyigikire umuziki nyarwanda. Ni mwe bacu, natwe ni mwe banyu.”
Bruce Melodie yavuze ibi mu gihe bigaragara ko abayobozi benshi mu Rwanda badakunze kugaragara mu bikorwa by’imyidagaduro, cyane cyane mu bitaramo by’abahanzi, uretse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, ukunze kugaragara mu bikorwa bitandukanye by’imyidagaduro.



