33.6 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomePolitikeMuve mu magambo mujye mu bikorwa bifatika _RDC isaba amahanga gushyira igitutu...

Muve mu magambo mujye mu bikorwa bifatika _RDC isaba amahanga gushyira igitutu ku Rwanda ngo intambara ihagarare muri Kivu

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...
spot_imgspot_img

 

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza, yasabye umuryango mpuzamahanga gufata ingamba zifatika zigamije gushyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, kugira ngo ihagarike imirwano ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, cyane cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ibi byatangajwe mu nama yabereye i Kinshasa yahuje abayobozi ba Leta n’abahagarariye ibihugu byabo muri RDC, aho Guverinoma yagaragaje impungenge zikomeye ku ifatwa ry’umujyi wa Uvira n’umutwe w’inyeshyamba za AFC-M23, ivuga ko zishyigikiwe na Leta y’u Rwanda.

Minisitiri w’Ubutabera muri RDC, Guillaume Ngefa, yavuze ko RDC izakomeza kurwana ku bwigenge bwayo no kurinda ubusugire bw’igihugu.

Yagize ati: “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntizigera yemera kuganira ishyizweho igitutu cy’imbunda.”

Yari kumwe na Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho, Patrick Muyaya, ndetse na Visi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Noëlla Ayeganagato, bagaragarije intumwa z’amahanga icyerekezo cya Guverinoma ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bw’igihugu.

Guverinoma ya RDC yasabye amahanga:

Gucira urubanza igitero gikorwa n’umutwe wa M23 n’abawushyigikiye,

Gusaba ko ingabo z’u Rwanda ziva ku butaka bwa Congo ako kanya,

Gushyira iherezo ku mirwano ikomeje guhitana ubuzima bw’abaturage b’inzirakarengane mu Burasirazuba bw’igihugu.

Abayobozi ba Leta ya RDC bashimangiye ko igihugu cyabo kigifite ubushake bwo gukomeza inzira z’amahoro, ariko bamagana ifatwa ry’umujyi wa Uvira bavuga ko ari igikorwa kibangamira ku buryo bukomeye ubusugire bwa Congo.

Basabye umuryango mpuzamahanga kuva mu magambo gusa ukajya mu bikorwa bifatika, hagamijwe gukemura burundu ikibazo cy’umutekano mucye umaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here