20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeIbyamamareNairobi: Papa Legend OG ntavuga rumwe n’abo bafatanyije iterambere rya Showbiz Nyamulenge

Nairobi: Papa Legend OG ntavuga rumwe n’abo bafatanyije iterambere rya Showbiz Nyamulenge

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Jean Claude Kwizera wamenyekanye nka Papa Legend OG Ntavuga rumwe nabo bafatanyije guteza imbere ShowBiz Nyamulenge nyuma yo gutegura amarushanwa bamwe bakisanga mubahatana kandi atarabamenyesheje.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Kuwa gatatu tariki ya 13 Ukuboza 2023 nibwo imbugankoranyambaga Nyamulenge zarimo zititizwa n’inkuru zivuga kuri uyu mugabo wateguye amarushanwa yo gushaka umuntu wakoze neza muri buri cyiciro kigize Showbiz Nyamulenge I Nairobi kugeza ubu.

Icyiciro cyateje impamagarara n’ikirimo Abanyamakuru bahatanira umwanya w’umunyamakuru w’umwaka. Ariko kandi iki cyiciro kigaragaramo abanyamakuru batigeze bamenyeshwa ko bagiye gushyirwa mubahatana.

Bon fils Gapangwa Muhure n’umwe mubanyamakuru bakunzwe cyane mu itangazamakuru Nyamulenge, akaba n’umwe mubavuga rikijyana bitewe n’ibikorwa agenda arushaho gukorera abo muri ubu bwoko cyane cyane byiganjemo iby’ubuvugizi.

Mu magambo ye yavuze agaragara nk’utishimye , yabwiye Papa Legend OG utegura amarushanwa ya Mulenge Awards ko Atari akwiye gufata izina rye n’ifoto ngo arishyire mu marushanwa atabanje kubaza nyiri ubwite niba koko yiteguye kurushanwa.

Yagize ati: “Ubu ni ubujiji, Ese ni gute wafata izina Bon Fils G Muhumure; ukarishyira muri Business zawe n’ifoto ye maze ukabyita Mulenge Award utasabye uburenganzira Warangiza ukandikaho ngo BMC TV1 kandi Ikinyamakuru cyanjye cyitwa BMC Radio and TV!? Ibintu bitari Professional biciriritse ntimukabishyiremo. Iki si igihe cy’Imyidagaduro mureke tube abantu bakuru kandi twite cyane kuby’iwacu. Mulenge Award abazi umuhungu uri kuyitegura bamubwire ankuremo kuko n’umwana cyane naho njyewe nd’umugabo w’igihugu ndetse n’ubwoko.”

Amakuru agera kuri corridorreport.com yizewe ndetse ifitiye n’ibimenyetso, avuga ko uretse Umuyobozi wa BMC Radio na TV wanenze ibi bintu, na Steven MM nawe ntabwo yishimiye cyane ibyo uyu mugabo Papa Legend OG yakoze kuko nawe yamushyize muri aya marushanwa atabanje kubimusabira uruhushya.

Miss Mulenge Award ni irushanwa rigenewe guteza imbere abakora showbiz ndetse n’itangazamakuru Nyamulenge , iri rushanwa ritegurwa na Papa Legend OG ndetse kandi mu irushanwa riheruka RUTEBUKA Justin niwe wegukanye igihembo cy’umunyamakuru mwiza (Best Journalist 2022). Tubibutse ko uyu Justin akorera ku muyoboro wa Youtube witwa Imyinga y’Iwacu.

Nairobi: Papa Legend OG ntavuga rumwe n’abo bafatanyije iterambere rya Showbiz Nyamulenge

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here