39.8 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruNarges Mohammadi watsindiye iihembo cyitiriwe Nobel 2023 ni muntu ki ?

Narges Mohammadi watsindiye iihembo cyitiriwe Nobel 2023 ni muntu ki ?

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...
spot_imgspot_img

Narges Mohammadi ni icyamamare mu gihugu cya Irani . Yagiye aharanira ko abagore bo muri iki gihugu babaho mu mutekano , nta hohoterwa ribakorewe .

Byamutwaye igihe kinini kuko u mwaka 2010 yarafunzwe azira kuvugira igitsina gore . Mohammadi w’imyaka 51 yafunzwe incuro zisaga 13 , yhanangirizwa incuro zisaga 5 , ndetse anahanishwa igifungo imyaka 31  byose azira kuba ashaka ko abagore batahohoterwa . kurubu akaba ari muri gereza aho azira gukwirakwiza ibihuha.

Mu mwaka ushize , muri gereza ya Evin iherereye ahitwa I Teheran yatangaje uburyo abagore bafatwa muri gereza , bafunzwe bazira kwiyamamaza imyanya yo muri leta , bamwe bagiye bafatwa kungufu abanda baricwa .

Imyigaragambyo yauye kurupfu rwa Mahsa Amini w’imyaka 22 , rwabereye muri gereza mu kwezi kwa 9 mu mwaka 2022 . aho yari yarafunzwe azira kurenga ku mategeko y’imyambaro .

Mu guha igihembo uyu mugore , uhagarariye akanama nkemurampaka , yatangaje ko Mohammadi yarwaniye abagore mu kwamagana amacakubiri n’iyicwarubozo bahura nako.yongeye ko ari umurwanyi uharanira ukwishyira ukizana kwa muntu.

Kuba ahawe iki gihembo gikomeye ku isi biha Mohammadi igihagararo mpuzamahanga cyo kurugero rwo hejuru bitaza gushimisha igihugu cya Iran.

Latest stories

spot_img