36.8 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduro“Ndicuza, uwamungarurira!” — Oprah amarira yamurenze ashyira hanze ukuri ku itandukana rye...

“Ndicuza, uwamungarurira!” — Oprah amarira yamurenze ashyira hanze ukuri ku itandukana rye na Katauti

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Umukinnyi wa filime w’icyamamare muri Tanzania, Irene Uwoya uzwi cyane nka Oprah, yagaragaje amarangamutima akomeye ubwo yavugaga ku nshuro ya mbere ku itandukana rye na Ndikumana Hamad Katauti, wahoze ari Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi ndetse n’umutoza wa Rayon Sports.

Ibi Oprah yabitangaje mu kiganiro “Ukuri Wahishwe” cyahuje abahanzi n’abakinnyi ba filime batandukanye barimo Kajala. Yavuze ko impamvu atigeze agaruka kuri iyi nkuru mu gihe kirekire ari uko nta muntu wari warigeze ayimubazaho.

Ati: “Sinigeze mbivugaho kuko nta muntu wabimbajijeho. Ariko nanone simbona impamvu yo kubihisha. Niba mushaka kubimenya, ndabivuga.”

Abajijwe uko byagenze ngo atandukanye na Katauti, Oprah yatangiye ashimangira ko ari we mugabo wamukunze kurusha abandi bose bagiye bagira umubano.

Ati: “Mu buzima bwanjye bw’urukundo, Ndikumana Hamad Katauti ni we mugabo wankunze cyane kurusha abandi bose. Yanshyiraga imbere kurusha we ubwe, ankunda mu buryo budasanzwe.”

Yakomeje avuga ko nubwo Katauti yamwitangiraga akamushyira imbere, we atigeze abyitwaramo uko bikwiye bitewe n’imyaka mike yari afite icyo gihe.

Ati: “Sinatinya kuvuga ko icyatumye dutandukana ari njyewe. Yari umuntu unkunda cyane ku buryo byanamuviriyemo ibibazo mu kazi ke. Icyo gihe nari nkiri muto, narongowe mfite imyaka 22, ntaratuza mu bitekerezo, nshaka gukora byinshi ntitaye ku ngaruka.”

Oprah yemeje ko iyo aza kuba afite ubwenge afite uyu munsi, umubano wabo wari gukomeza, ndetse ashimangira ko gutandukana na Katauti ari imwe mu mibabaro ikomeye ataribagirwa kugeza n’ubu.

Ati: “Nakwifuje ko icyo gihe cyakabaye ubu. Kumubura ni kimwe mu bintu bimbabaza cyane mu buzima bwanjye.”

Abajijwe icyo yamubwira iyo aza kuba akiriho, Oprah ntiyabashije kwihangana. Amarira yamushotse mu maso, maze avuga mu kiniga kinshi ati:“Nari kumara umwanya wose musaba imbabazi.”

Irene Uwoya yakoze ubukwe na Ndikumana Hamad Katauti mu 2008, baza gutandukana mu 2013. Katauti yaje kwitaba Imana mu 2017.

Nyuma y’itandukana ryabo, higeze kuvugwa ko Oprah yaba yarakoze ubukwe n’umuhanzi Dogo Janja, ariko muri iki kiganiro yabihakanye, avuga ko ubukwe bumwe rukumbi yakoze mu buzima bwe ari ubwo yakoranye na Ndikumana Hamad Katauti.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here