18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruNgoma: Abaturage 568 basanganywe virusi itera Sida mu murenge umwe

Ngoma: Abaturage 568 basanganywe virusi itera Sida mu murenge umwe

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangaje ko mu bantu bakora uburaya usanga abarenga 36 mu bantu 100 bafite agakoko gatera SIDA, ibintu bisaba guhagurukirwa kugira ngo badakomeza gukwirakwiza ubwandu mu bantu benshi.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Byatangarijwe mu bukangurambaga buri gukorwa mu Ntara y’Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali, bugamije kugabanya ubwandu bushya bw’agakoko gatera Sida, bwabereye mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma.

Imibare y’Ikigo Nderabuzima cya Rukoma yerekana ko Umurenge wa Sake ufatwa nk’umujyi wa Kabiri mu Karere ka Ngoma, ufite abaturage 568 banduye agakoko gatera Sida mu bagera kuri 28.900 bawutuye.

Ihurizo rikomeye ku buyobozi rishingiye ku gukumira ubwandu bushya buterwa n’abo bantu banduye, kuko biganjemo abakora uburaya, banze kunywa imiti igabanya ubukana bw’agakoko gatera Sida.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sake, Ndaruhutse Jean de Dieu, yavuze ko bakomeje gushyira imbaraga mu kubungabunga ubuzima bw’aba baturage, harimo no kubakangurira kunywa imiti no kubigisha ko ugiye kubyara akora ku buryo uwo yibarutse atavukana ubwandu.

Yavuze ko imibare y’ubu bwandu yakurikiranywe guhera mu kwezi kwa Gatandatu mu mwaka wa 2022.

Umwe mu baturage baturiye uyu murenge wa Sake, Mukazitoni Théopiste, ashimangira ko intandaro y’iki kibazo ihera ku nzoga z’inkorano zigura amafaranga 100 y’u Rwanda ndetse n’urubyiruko rw’abakobwa badakura amaboko mu mufuka bamara kugurirwa izo nzoga bagasinda, bakishora mu busambanyi.

Agira ati “Hano muri Sake haba inzoga z’inkorano, hari n’izigura 100, abakobwa baha bariyandarika, wamara kumuha inzoga agasinda, yamara kurwara SIDA agakomeza kuyikwirakwiza mu bandi, n’ikibazo gikeneye gushakirwa igisubizo”.

Uburaya kandi bugaragara no mu Murenge wa Ngoma wegeranye n’uwa Sake, ababukora bakavuga ko baba babuze icyo kurya.

Uhagarariye abakora uburaya mu Karere ka Ngoma witwa Kaka, ashimangira ko hakenewe ubukangurambaga bwimbitse ndetse no kubashakira imirimo ibafasha kwiteza imbere ngo bareke uyu mwuga.

Yahamije ko harimo abadafata imiti igabanya ubukana bw’agakoko gatera SIDA uko bikwiye, nyamara ari byo byabafasha kugira ubuzima bwiza.

Ati “Njye mpagarariye amatsinda arindwi bakora umwuga w’uburaya, abenshi muribo bavuga ko udapfa kunywa imiti igabanya ubukana bwa SIDA udafite amafaranga yo kurya neza, ibyo bituma indaya zikomeza gukora uyu mwuga ngo zishakishe amafaranga yo kugura ibyo kurya.”

“Uko kandi ni nako bakwirakwiza iyo ndwara mu bandi. Hakenewe no kongerwa udukingirizo kuko hari insisiro zitabamo udukingirizo, aho abashaka gukora ubusambanyi batubura bagashiduka bakoreye aho.”

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima, RBC ushinzwe Ubukangurambaga mu Ishami rishinzwe kurwanya SIDA, Nyirinkindi Aime Erneste, avuga ko bakomeje guhugura abaturage ku kwirinda SIDA no gukoresha agakingirizo ku bo byanze, ndetse n’abamaze kwandura bakigishwa gufata imiti no kuyinywera ku gihe.

Yongeyeho ko banashyira imbaraga mu guhugura abakora uburaya kuko ari bamwe mu bakwirakwiza cyane agakoko gatera SIDA.

Ati “Abakora umwuga w’uburaya mu bantu 100 usanga 36 bafite agakoko gatera SIDA. Dukomeje ubukangurambaga ndetse dufite n’abafatanyabikorwa dufatanya kwigisha abaturage kwirinda, ndetse n’abamaze kwandura bagafata imiti igabanya ubukana kuko ibafasha cyane.”

Ubu bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Ngoma, burakomereza mu bice bitandukanye birimo uturere twa Kirehe, Bugesera, Nyamata, Umujyi wa Kigali n’ahandi hagamijwe kugabanya ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here