Umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, Hon. Geoffrey Lutaaya, yageze ku yindi ntera ikomeye mu buzima bwe nyuma yo gusoza amasomo ya Kaminuza, aho yahawe impamyabumenyi ya Bachelor muri Public Administration and Management yakuye muri Islamic University of Uganda (IUIU).
Uyu mudepite uhagarariye Kakuuto County mu Karere ka Kyotera yari mu barangije muri ceremonie ya 34 yo guha impamyabumenyi yabereye muri iyi kaminuza, igikorwa cyaranzwe n’ibyishimo n’ishimwe rikomeye. Iyi ntambwe igaragaza urugendo rutoroshye Lutaaya yanyuzemo, aruhuriza hamwe inshingano z’umuziki, iza politiki n’amasomo ya Kaminuza.
📰 Also Read This:
Mu rwego rwo kwishimira iyi ntambwe, umugore we akaba n’umuhanzi mugenzi we, Irene Namatovu, yamugeneye ubutumwa agaragaza ishema n’ishimwe afitiye umugabo we kubera ukwihangana n’umurava byamuranze muri uru rugendo rw’amashuri.
Yagize ati: “Nabonye uko yitangiye amasomo, amasaha y’ijoro , n’ibitambo byinshi yatanze ariko ntiyacika intege. Uyu munsi intsinzi ye ni iyacu twese. Ndamwishimiye bidasanzwe, mugabo wanjye. Iyi mpamyabumenyi ni intangiriro y’ibindi byinshi Imana imuteganyirije.”
Uyu muhango wanitabiriwe n’abandi bantu bazwi mu muziki. Harimo umuhanzi Hajji Haruna Mubiru, wari waje gushyigikira umukobwa we Remmie Mubiru, nawe wari urangije amasomo muri iyi Kaminuza
Harimo kandi Fred Sserugga, umugabo w’umuhanzi Catherine Kusasira, nawe waherewe impamyabumenyi mu mategeko (Law) muri iyi kaminuza, bigaragaza ko abantu bafite izina mu gihugu bakomeje gushyira imbere uburezi n’iterambere bwite.
Iyi ntsinzi ya Hon. Geoffrey Lutaaya ni isomo rikomeye ryo kwihangana no kudacika intege, igaragaza ko kwiga bishoboka n’iyo umuntu yaba afite inshingano nyinshi. Abasesenguzi n’abafana be bakomeje kumwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rwe rushya rw’ubumenyi n’umurimo wo gukorera igihugu.






