37.3 C
Africa
Maandag, Desember 22, 2025
HomeImyidagaduroNtibyanyoroheye ariko kubera Imana nabigezeho_ Geoffrey Lutaaya asoje Kaminuza, umugore we amusamira...

Ntibyanyoroheye ariko kubera Imana nabigezeho_ Geoffrey Lutaaya asoje Kaminuza, umugore we amusamira hejuru

Date:

Related stories

Mu muziki si bose bagorana, abahanzi bakuru bagaragaje imyitwarire itandukanye n’ibivugwa

  Mu gihe abantu benshi bavuga ko gukorana n’abahanzi bakuru...

Uvira: Humvikanye urufaya rw’amasasu, Imyigaragambyo Ihagarikwa igitaraganya, abaturage bagaragaza impungenge

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 22 Ukuboza 2025, Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo humvikanye urusaku rw’amasasu menshi rwaturutse mu gace ka Kasenga, ahagana mu nkengero z’umujyi.   Ayo masasu yateje ubwoba n’ihungabana mu baturage, ndetse byatumye imyigaragambyo yari iteganyijwe ihagarikwa by’agateganyo, bitewe n’impungenge z’umutekano.  Nk’uko abatangabuhamya babivuga, amasasu yumvikanye ku duce tw’ibibaya bikikije Quartier ya Kasenga, by’umwihariko ku misozi ikikije umujyi wa Uvira. Byavuzwe ko ayo masasu yarashwe n’imitwe ya Wazalendo, agamije guhungabanya imyigaragambyo yateguwe n’abaturage, yari igamije kwamagana icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo gusaba ihuriro rya AFC/M23/MRDP-Twirwaneho kuva mu mujyi wa Uvira.  Abaturage bo mu bice bitandukanye by’umujyi bavuga ko ibyabaye byabateje ubwoba bukomeye. Umuturage umwe wo mu bwoko bw’Abapfulero, wavuganye na MCN, yagize ati: "Twumvise amasasu atandukanye, bamwe batubwira ko ari Wazalendo. Twibazaga niba tugomba kuguma mu ngo zacu cyangwa kwitabira imyigaragambyo. Uyu munsi, umutekano wacu wahungabanye cyane."  Ibi byabaye nyuma y’uko tariki ya 09 Ukuboza 2025, AFC/M23 yafashe umujyi wa Uvira mu mirwano ikomeye yahuje ingabo za FARDC, iz’u Burundi, ndetse n’imitwe ya Wazalendo na FDLR. Nyuma y’icyo gikorwa,...
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Umuhanzi wahindutse umunyapolitiki, Hon. Geoffrey Lutaaya, yageze ku yindi ntera ikomeye mu buzima bwe nyuma yo gusoza amasomo ya Kaminuza, aho yahawe impamyabumenyi ya Bachelor muri Public Administration and Management yakuye muri Islamic University of Uganda (IUIU).

Uyu mudepite uhagarariye Kakuuto County mu Karere ka Kyotera yari mu barangije muri ceremonie ya 34 yo guha impamyabumenyi yabereye muri iyi kaminuza, igikorwa cyaranzwe n’ibyishimo n’ishimwe rikomeye. Iyi ntambwe igaragaza urugendo rutoroshye Lutaaya yanyuzemo, aruhuriza hamwe inshingano z’umuziki, iza politiki n’amasomo ya Kaminuza.

 

Mu rwego rwo kwishimira iyi ntambwe, umugore we akaba n’umuhanzi mugenzi we, Irene Namatovu, yamugeneye ubutumwa agaragaza ishema n’ishimwe afitiye umugabo we kubera ukwihangana n’umurava byamuranze muri uru rugendo rw’amashuri.

Yagize ati: “Nabonye uko yitangiye amasomo, amasaha y’ijoro , n’ibitambo byinshi yatanze ariko ntiyacika intege. Uyu munsi intsinzi ye ni iyacu twese. Ndamwishimiye bidasanzwe, mugabo wanjye. Iyi mpamyabumenyi ni intangiriro y’ibindi byinshi Imana imuteganyirije.”

Uyu muhango wanitabiriwe n’abandi bantu bazwi mu muziki. Harimo umuhanzi Hajji Haruna Mubiru, wari waje gushyigikira umukobwa we Remmie Mubiru, nawe wari urangije amasomo muri iyi Kaminuza

Harimo kandi Fred Sserugga, umugabo w’umuhanzi Catherine Kusasira, nawe waherewe impamyabumenyi mu mategeko (Law) muri iyi kaminuza, bigaragaza ko abantu bafite izina mu gihugu bakomeje gushyira imbere uburezi n’iterambere bwite.

 

Iyi ntsinzi ya Hon. Geoffrey Lutaaya ni isomo rikomeye ryo kwihangana no kudacika intege, igaragaza ko kwiga bishoboka n’iyo umuntu yaba afite inshingano nyinshi. Abasesenguzi n’abafana be bakomeje kumwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rwe rushya rw’ubumenyi n’umurimo wo gukorera igihugu.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here