Umuhanzikazi Ava Peace yagize ibihe bikomeye mu gitaramo cyabaye kuri Boxing Day cyabereye i Buwama, nyuma yo gutindizwa kuririmba amasaha arenga ane kubera kutumvikana n’abateguye igitaramo ku bijyanye n’amafaranga.
Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, Ava Peace yagaragaje amarangamutima menshi asobanurira abitabiriye igitaramo ko nubwo yari umwe mu bahanzi bageze aho cyabereye kare, yanze kwinjira ku rubyiniro kuko abateguye bari banze kumwishyura amafaranga asigaye.
Ava yavuze ko ibi byamushyize mu mwanya mubi imbere y’abafana, kuko bamwe bashoboraga kumufata nabi bakeka ko ari we wanze kuririmba. Yashimangiye ko ibyo byangiza izina rye nk’umuhanzi, nyamara ikibazo cyari gishingiye ku burangare bw’abateguye igitaramo.
Yakomeje avuga ko abategura ibitaramo bakwiye kureka guhohotera abahanzi, kuko bose baba bashaka gutunga imiryango yabo. Yongeyeho ati:“Nyirasenge wanjye arwaye kanseri, kandi naremeye kumufasha kwishyura amafaranga yo kwivuza. Kunyima amafaranga nakoreye hanyuma mukabwira abantu ko nanze kuririmba, ibyo ntibyemewe.”



