25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruNyuma y’imvura nyinshi yahitanye abantu, umugi wa Kigali ufashe ingamba zikomeye zirikuvugwaho...

Nyuma y’imvura nyinshi yahitanye abantu, umugi wa Kigali ufashe ingamba zikomeye zirikuvugwaho na benshi

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko kugeza muri Mata 2024 nta muntu uzaba akibarurwa mu batuye mu manegeka mu Mirenge ya Muhima, Gitega, Rwezamenyo na Kimisagara, binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo kuvugurura aho abantu batuye.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Uhagaze ku muhanda uva mu mujyi rwagati ugana i Nyamirambo cyangwa ukagenda witegereza iburyo bwawe, ubona abantu batuye ahantu hahanamye cyane.

Imiturire y’iyi mirenge yiganjemo aho Umujyi wa Kigali wamaze kwemeza ko hashyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga, ugasaba abahatuye kwimuka.

Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Igenamigambi ry’Imiturire n’Imitunganyirize y’Umujyi wa Kigali, Muhirwa Marie Solange, yatangarije RBA ko hari gukorwa umushinga wo kuvugurura uburyo bw’imiturire ahantu hatandukanye, ku buryo hadakomeza kwitwa amanegeka.

Yavuze ko hari gutunganywa ruhurura zose n’ibindi bikorwa remezo abaturage bakenera, ndetse na bo bakavugurura inyubako zabo ku buryo aho bizakorwa hazaba hatagishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga.

Ati “Nk’aha mu Biryogo murabona ko twashyizemo ibikorwa remezo by’ibanze n’abaturage bagatangira kuvugurura inzu zabo, ubu ruhurura zimeze neza, nta kibazo kigihari na kariya gace kose nta muntu tukibarira mu manegeka.”

“Ubu uwo mushinga turi kuwukora hano muri Gitega, Rwezamenyo Muhima na Kimisagara na ho twaratangiye, na ho twumva ko hagati y’ukwezi kwa Werurwe na Mata umwaka utaha uwo umushinga uzaba urangiye, ku buryo na kariya gace kose tuvuga ngo nta muntu twaba tukibarura mu bantu batuye mu manegeka.”

Imibare y’Umujyi wa Kigali igaragaza ko ibibanza 24.444 biri mu mirenge 35 igize uyu mujyi birimo inzu zigera ku bihumbi 27, ari byo bigaragara ko abazituramo baba batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ni ukuvuga ugendeye kuri za ruhurura zihari, ari ahantu hadashobora kugerwa mu buryo bw’ubutabazi.

Muhirwa yavuze ko hazakomeza no kubakwa imidugudu y’icyitegererezo ituzwamo abantu benshi hakoreshejwe ubutaka buto.

Avuga ko mu mushinga wiswe ‘Mpazi’ wo gutuza neza abava mu kajagari mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge hamaze gutuzwa neza imiryango 110 ku butaka bwari butuweho n’imiryango 30 gusa.

Mu mwaka wa 2016, mu Mujyi wa Kigali habarurwaga imiryango ibihumbi 34 yari ituye ahantu hashyira ubuzima bwayo mu kaga.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here