Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda akaba n’umuyobozi wa Gagamel Crew, Bebe Cool, yatangaje ko ari gutegura album nshya yise ‘Broken Chains’, izakurikirana ‘Break The Chains’ yasohotse muri Gicurasi umwaka ushize igakundwa n’abatari bake.
Yabitangaje mu muhango wo kumurika urutonde rwe “Bebe Cool List 2025”, aho yasobanuye ko album Break The Chains atayikoze agamije gushaka indirimbo zihita ziba hits ku isoko, ahubwo yari agamije gukora umuziki ufite ireme rihanitse kandi wuzuye.
Bebe Cool yavuze ko intego ye yari ugushyira hanze album ishobora guhangana n’iy’abahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika nka Wizkid, Burna Boy n’abandi, kandi ko yumva yarabigezeho.
Uyu muhanzi agaragaza ko Break The Chains yari intangiriro y’urugendo rurerure rw’ihinduka mu muziki we, aho album nshya ‘Broken Chains’ izaba ikomeje uwo murongo, ikubakira ku shingiro ry’ubutumwa n’imitekerereze byari byatangiye.
Yemeje ko iyi album nshya izaza ikomeye kurushaho, igaragaza indi ntera agezeho mu mwuga we w’umuziki, anashimangira ko afite intego yo gusiga izina rikomeye ku rwego rwa Afurika no ku Isi muri rusange.



