27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroNyuma yo kumwambika impeta, Moctar yageze i Kigali gusura umuryango wa France...

Nyuma yo kumwambika impeta, Moctar yageze i Kigali gusura umuryango wa France Mpundu

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Moctar wegukanye irushanwa mpuzamahanga rya The Secret Story yageze i Kigali mu ruzinduko rugamije gusura umuryango wa France Mpundu, umukunzi we aherutse kwambika impeta nyuma yo kwemeranya kubana akaramata.

Aba bombi bari bamaze igihe bahurira mu bihugu bitandukanye birimo Bénin na Côte d’Ivoire, ariko kuri ubu bahuriye mu Rwanda, aho Moctar yagiye gusura umuryango w’uyu mukobwa, intambwe ifatwa nk’iy’ingenzi mu myiteguro y’ubukwe bwabo.

Amakuru yizewe avuga ko France Mpundu yakiriye umukunzi we ku mugoroba wo ku wa 29 Ukuboza 2025. Nubwo bimeze bityo, urugendo rwa Moctar rwaranzwe n’ibanga, bitewe n’uko harimo ibikorwa byihariye birimo gusura umuryango wa France Mpundu batifuje ko bijya hanze.

Uretse gusura umuryango, Moctar yanifuje kumarana na France Mpundu iminsi mikuru i Kigali, anabona umwanya wo gutembera mu duce dutandukanye tw’igihugu, asobanukirwa n’umuco n’ubwiza nyaburanga by’u Rwanda.

France Mpundu aherutse kwitabira The Secret Story, ikiganiro cya Canal+ cyakunzwe cyane, aho yasoreje ku mwanya wa kane. Ni muri icyo kiganiro Moctar, ukomoka muri Niger akaba ari na we wegukanye iri rushanwa, yamwambikiyemo impeta, inkuru yashimishije benshi ndetse ikagarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Uru ruzinduko rwa Moctar i Kigali rugaragaza ko umubano w’aba bombi urushaho gukomera, ndetse bikaba bitegerejwe ko mu minsi iri imbere bashobora gutangaza indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwabo rwo kubaka urugo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here