37.6 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroPasiteri Robert Lumbasi yemeje ko yasezeranye na Rose Muhando mu ibanga rikomeye;...

Pasiteri Robert Lumbasi yemeje ko yasezeranye na Rose Muhando mu ibanga rikomeye; inkwano yatanzwe mu 2023

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Pasiteri Robert Lumbasi wo muri Kenya yemeje ku mugaragaro ko yasezeranye mu ibanga rikomeye n’umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya Imana wo muri Tanzania, Rose Muhando, ahagarika burundu ibihuha byari bimaze amezi bivugwa ku buzima bwe bwite.

Uyu mupasiteri yabitangaje mu materaniro yabereye mu rusengero ayobora, aho yasabye abagabo bose kwirinda kwegera Rose Muhando, ashimangira ko yamaze gushyingirwa byemewe n’amategeko n’imigenzo gakondo.

Ati “Abagabo bo muri uru rusengero ndabasaba kutajya kwegera Rose. Rose yarafashwe. Ni umugore w’abandi,”.

Inkwano yatanzwe mu 2023

Pasiteri Lumbasi yatangaje ko uru rushako rutatunguranye, kuko rwari rumaze igihe rutegurwa mu ibanga. Yemeje ko inkwano yamaze gutangwa, ndetse byose bikaba byararangiye.

Ati “Byabaye mu ibanga ariko ni ibintu byatangiye kera. Uyu munsi inkwano yamaze gutangwa, byose byarangiye. Ndibuka twagiye muri Tanzania mu 2023 gutanga inkwano.”

Yongeyeho ko uru rushako rwakurikiranywe n’inzego zo hejuru, aho yavuze ko no muri State House havuzwe ko ari “Kenya ishyingiranye na Tanzania,”

Urukundo rushingiye ku kwizera n’icyerekezo kimwe

Pasiteri Robert Lumbasi yagaragaje ko akunda kandi yubaha Rose Muhando, avuga ko umubano wabo wubakiye ku kwizera Imana no gusabana.

Ati “Nkunda uyu mugore kandi ndamwubaha,” ashimangira ko biyemeje gukurira hamwe mu buryo bw’umwuka no kuzamura umurimo w’Imana ku rwego rwo hejuru.

Yanashimiye igihugu cya Tanzania n’abaturage bacyo, agaragaza ko umubano wabo ari ikimenyetso cy’ubumwe n’ubufatanye hagati ya Kenya na Tanzania, cyane cyane mu murimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru mu 2025, Rose Muhando yari aherutse gutangaza ku nshuro ya mbere amakuru ajyanye n’ubuzima bwe nk’umubyeyi wareraga abana batatu wenyine.

Yavuze ko nubwo yanyuze mu bihe bitari byoroshye, yakomeje kwizera Imana, anagaragaza ko yifuzaga umufasha umukunda akurikije amahame ya Bibiliya.

Yongeyeho ko gufata ibyemezo bye byose, cyane cyane ibijyanye n’urukundo n’ishyingirwa, byagenderaga ku kwizera kwe no ku nama ahabwa n’Imana.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here