25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikePerezida Félix Tshisekedi yijeje abaturage ba GOMA ikintu gikomeye bose bamukomera amashyi

Perezida Félix Tshisekedi yijeje abaturage ba GOMA ikintu gikomeye bose bamukomera amashyi

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo amataro yo muri RD-Congo atangire, Félix Tshisekedi yijeje abaturange batuye umugi wa Goma ko azabohoza uduce twose twanyazwe na M23.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Perezida Félix Tshisekedi, ni umukandida nomero ya 20 mu matora ateganyijwe kuba tariki ya 20 Ukuboza 2023 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku cyumweru tariki ya 10 Ukuboza 2023; nibwo yageze i Goma muri gahunda yo kwiyamamariza uyu mwanya w’umukuru w’igihugu.

Uyu mukandida ya herukaga i Goma, kuri ubu ifatwa nk’agace k’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mwaka wa 2021; icyo gihe yari yaje guhura na mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, ubwo bari bafitanye ikiganiro n’itangazamakuru dore ko icyo gihe aba bombi bari bafitanye umubano uhamye.

Amakuru agera ku kinyamakuru Corridorreport.com, avuga ko Félix Tshisekedi ufite nomero 20 muba kandida, yiyamamarije kuri stade ya Afia; iherereye mu mugi wa Goma.

Mu magambo yakoresheje yiyamamaza, yasezeranije abaturage batuye muri aka gace ka Goma, kuzabaha amahoro n’umutekano mu gihe gito kandi akomeza abizeza ko azagarura uduce twose twamaze kwigarurirwa na M23.

Yagize ati: «Nzabohoza ibice byose bifitwe n’inyeshyamba za M23, abakomeza guhungabanya umutekano wa baturage nzabarwanya kandi nzabatsinda. »

Sibyo gusa kuko nubundi Tshisekedi yongeye k’umvikana y’ikoma ubutegetsi bwa Leta y’ u Rwanda, aho yatunze agatoki mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame.

Mu magambo ye yagize ati: «Umwanzi dufite ni utera inkunga Inyeshyamba z’umutwe wa M23, uwo ubatera inkunga ni umukuru w’igihugu cy’u Rwanda. »

Tubibutse ko Leta ya Kinshasa yokomeje kugenda y’umvikana ishinja Leta y’u Rwanda gushyigikira M23 ibyo u Rwanda rwagiye rutera utwatsi Ahubwo u Rwanda rugashinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze Genocide mu Rwanda muri Mata 1994.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here