20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruPerezida Kagame yakiriye Abasenateri n’Abadepite ba Amerika i Washington

Perezida Kagame yakiriye Abasenateri n’Abadepite ba Amerika i Washington

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Perezida Paul Kagame uri i Washington D.C. yakiriye ku meza itsinda ry’Abasenateri n’Abadepite bagize Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagirana ibiganiro bigamije gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Amerika.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Perezida Kagame yageze i Washington ku wa Gatatu, aho yitabiriye isinywa ry’amasezerano ya nyuma agamije kuzahura no gushimangira umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025, ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda. Ni umuhango azahuriramo na Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, ndetse uzitabirwa n’abandi bayobozi bo mu bihugu bifite uruhare mu biganiro by’ubuhuza bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Afurika.

Mbere y’uwo muhango, Perezida Kagame yakiriye ku meza Abasenateri n’Abadepite ba Amerika barimo Senateri Mike Rounds, Senateri Kevin Cramer, Senateri Pete Ricketts, Depite Brian Mast, Depite Ronny Jackson na Depite Trent Kelly.

Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko mu mishinga igamije guteza imbere amahoro arambye, umutekano n’iterambere.

Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na Senateri Lindsey Olin Graham ku ngingo zirebana no gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zirimo kubungabunga ibidukikije, umutekano n’ubufatanye mu by’ubukungu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje kugira uruhare rukomeye mu biganiro by’ubuhuza hagati y’u Rwanda na RDC, bigamije gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe biteza impungenge mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba.

Perezida Kagame yagiranye  ibiganiro na Senateri Lindsey Olin Graham ku ngingo zirebana no gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi

Amafoto: Village Urugwiro

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here