Perezida wa Kenya, William Ruto, yagaragaye aseka anezerewe ubwo umwana muto witwa Gathoni yangaga gusubira mu maboko ya nyina, akomeza kuguma mu maboko ye mu birori byabereye mu Ntara ya Nyeri.
Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Perezida Ruto ateruye uwo mwana, aganira na nyina ndetse n’abaturage, ibintu byatumye imbaga yitabiriye iryo huriro baseka kandi bishimira uyu mwanya w’urukundo n’urwenya.
Mu rwego rwo gutebya, Perezida Ruto yagize ati: “Uyu mwana arasa n’uwanze kuva iruhande rwanjye, ngiye kumujyana nawe.” Yakomeje amubwira ati: “Gathoni, amakuru yawe? Reba abari hano bose.”
Uyu mwanya mwiza kandi w’akataraboneka wabereye mu muhango wa Nyota Capital Disbursement ubera kuri Kabiruini Showground kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Mutarama 2025. Nyuma y’uyu mwanya, Perezida Ruto yagarutse ku byerekeye gahunda ya NYOTA, igamije guteza imbere urubyiruko.
NYOTA (National Youth Opportunities Towards Advancement) ni gahunda ya Leta igamije guteza imbere urubyiruko mu gihe cy’imyaka itanu, iterwa inkunga na Banki y’Isi, igamije kongera imirimo, inyungu n’ubwizigame ku rubyiruko rufite imyaka iri hagati ya 18 na 29 (n’abafite ubumuga kugeza ku myaka 35). Buri rubyiruko ruzatoranywa ruzahabwa Shilingi 50,000 za Kenya zo gushyigikira imishinga yabo ndetse no kubafasha kwihangira imirimo.



