18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAndi makuru  Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo akomeje kurikoroza ku mbungankoranyambaga...

  Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo akomeje kurikoroza ku mbungankoranyambaga nyuma yo kwita Samia Suluhu Perezida w’u Rwanda,Tshisekedi uwa Uganda

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo akomeje kuba igitaramo ku bakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kumvikana avuga ko Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania ari Perezida w’u Rwanda, na ho Félix Antoine Tshisekedi wa RDC akaba uwa Uganda.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Perezida Kiir yaramukijwe kuyobora umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), asimbuye kuri izo nshingano Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wari umaze umwaka ayobora uyu muryango.

Kiir yaherewe kuyobora EAC mu nama ya 16 y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Arusha muri Tanzania.Mu bakuru b’ibihugu bari bayitaburiye harimo we, Ndayishimiye w’u Burundi, Samia Suluhu Hassan wa Tanzania na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Abakuru b’ibihugu barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda bari bahagarariwe. Perezida Kiir nyuma y’uko yari amaze kwakira ziriya nshingano, yumvikanye yita ba Perezida Samia Suluhu na Tshisekedi ba Perezida b’u Rwanda na Uganda. Nyuma y’uko amashusho ya Perezida Kiir asakaye ku mbuga nkoranyambaga, abazikoresha batangiye kumuha urw’amenyo bavuga ko nta bushobozi agifite bwo kuyobora.

Ab’inkwakuzi bageze kure bagarura amashusho ye yagiye hanze mu minsi yashize yihagarikaho ari mu ruhame, mu kugaragaza ko nta mbaraga z’umubiri n’ubushobozi afite bwo gukomeza kuyobora Sudani y’Epfo na EAC. Biteganyijwe ko Perezida Kiir agomba kuyobora EAC mu gihe kingana n’umwaka, mbere yo gusimburwa n’umwe muri bagenzi be bo mu bihugu umunani bigize uyu muryango.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here