36.8 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroPerezida Tinubu yihanganishije Anthony Joshua ku rupfu rubabaje rw’inshuti ze ebyiri

Perezida Tinubu yihanganishije Anthony Joshua ku rupfu rubabaje rw’inshuti ze ebyiri

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, yagaragaje agahinda n’akababaro yatewe n’urupfu rw’inshuti ebyiri z’icyamamare mu mukino w’iteramakofi, Anthony Joshua, zapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabaye ku wa 29 Ukuboza 2025.

Iyi nkuru y’incamugongo yasakaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, aho byamenyekanye ko Kevin Latif Ayodele na Sina Ghami, inshuti za hafi za Anthony Joshua, baguye muri iyo mpanuka. Joshua ubwe yari ari kumwe na bo muri iyo modoka, ariko we avamo yakomeretse, akaba ari gukurikiranwa n’abaganga.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga z’ibiro bye, Perezida Tinubu yatangaje ko yavuganye na Anthony Joshua, amusaba gukomera muri ibi bihe bikomeye, anamuha ubutumwa bwo kumwihanganisha no kumwifuriza gukira vuba.

Yagize ati:“Navuganye na AJ [Anthony Joshua] mwifuriza gukomera nyuma yo kubura inshuti ze Kevin Latif Ayodele na Sina Ghami mu mpanuka iheruka. Namwifurije gukira vuba kandi turi kumusengera. Yanyijeje ko ari guhabwa ubuvuzi bukwiriye.”

Perezida Tinubu yanavuze ko yaganiriye na nyina wa Anthony Joshua, ashimira uko yakiriye ubutumwa bwe. Yongeyeho ko Guverineri wa Leta ya Ogun, Dapo Abiodun, yari kwa muganga ari kumwe n’uyu mukinnyi, akaba yaramumenyesheje ko Joshua ari kwitabwaho neza.

Ati:“Navuganye kandi na nyina umubyara wa AJ. Yanyuzwe cyane n’uko namuhamagaye. Guverineri Dapo Abiodun wari kwa muganga ari kumwe na bo yambwiye ko AJ ari kwitabwaho. Imana ikomeze imiryango yasigaye kandi ihe iruhuko ridashira abitabye Imana.”

Abapfiriye muri iyi mpanuka barimo Sina Ghami, wari umutoza wa Anthony Joshua mu bijyanye n’imitekerereze mu gihe cy’imyaka igera kuri 10, akaba n’umwe mu bashinze inzu y’imyitozo ngororamubiri ya Evolve Gym. Harimo kandi Kevin Latif Ayodele, wari umutoza wihariye wa Joshua ndetse n’inshuti ye ya kera.

Ni inkuru yashenguye imitima ya benshi, by’umwihariko abakurikira umukino w’iteramakofi, bakomeje kwihanganisha Anthony Joshua n’imiryango y’ababuze ababo.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here