25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeIyobokamanaRD CONGO:  Kiliziya Gatolika yagaragaje impungenge ku mvururu zizaba nyuma y’amatora bitewe...

RD CONGO:  Kiliziya Gatolika yagaragaje impungenge ku mvururu zizaba nyuma y’amatora bitewe n’ubushobozi bucye bwa CENI

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiyemera ko Komisiyo y’Amatora muri iki gihugu (CENI) ifite ubushobozi bwo kuyobora amatora ku rwego rwiza rukurikije amategeko.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Ibi byagarutsweho na Karidinali Fridolin Ambongo wabaye Archbishop wa Kinshasa kuva 2018, aho ngo asanga iyi komisiyo idafite ubushobozi bwuzuye bwo kugenzura amatora bityo ko hakabaye hari urundi rwego ruyunganira naho bitaba ibyo ngo RDC ngo ibe yitegura imvururu n’imidugararo muri rubanda.

Ibi Cardinal Ambongo yabitangaje mu mpera z’icyumweru dusoje ubwo yatanganga isakaramentu ku rubyiruko rwari ruteraniye kuri stade ya Albert Premier ya kaminuza ya Boboto.Yagize ati:ku rwego rwa CENI , nta kimenyetso dufite cyerekana ko hazabaho amatora ku ya 20 Ukuboza kuko tubona uru rwego nta bushobozi rufite, kandi niyo yazaba ntidushidikanya ko hatazaba uburiganya bigateza umudugararo.

Ikinyamakuru latribuneplus.net kivuga ko uyu Cardinal yakanguriye abakiri bato guhaguruka bagahagarara bakaba maso kuko ngo igihugu cyabo kiri mu kangaratete.

Ambongo atangaje ibi, mu gihe igikorwa cyo kwiyamamaza ku bakandida perezida gikomeje aho abarimo katumbi na Tshisekedi bakomeje kuryana isataburenge mu duce biyamamarizamo, aho bakomeje kuzenguruka ibice bitandukanye bavuga imigabo n’imigambi yabo imbere y’imbaga cyo kimwe n’abandi bahanganye gusa bo ntibaragaragaza ubushobozi nk’ubwaba bahanganye.

Impungenge za Cardinal Ambongo zijya gusa n’izabandi batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, aho bavuga ko ashobora kwifashisha umukuru wa CENI mu kwiba amajwi nk’uko byagenze mu mwaka wa 2018 , aho bivugwa ko yatsinzwe na Martin Fayulu bari bahanganye ariko bikarangira yibwe amajwi agahabwa Tshisekedi.

Karidinali Fridolin Ambongo wabaye Archbishop wa Kinshasa kuva 2018

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here