Ihuriro rya politiki Lamuka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryiteguye gutegura ibiganiro by’abanyapolitiki n’abaturage bigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu, n’iyo Perezida Félix Tshisekedi yaba atabyemeye.
Ibi byatangajwe na Prince Epenge, umuvugizi wa Lamuka, mu butumwa yanyujije muri videwo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ku wa Gatandatu tariki ya 3 Mutarama 2026, nk’uko byatangajwe n’urubuga 7sur7.cd.
Prince Epenge yavuze ko ihuriro Lamuka ribona ko ubuyobozi bwa Perezida Tshisekedi buri gukoresha amayeri agamije kuburizamo ibiganiro by’igihugu bigomba guhuza Abanye-Congo bose, kugira ngo baganire ku bibazo bikomeye byugarije igihugu, by’umwihariko ikibazo cy’intambara n’umutekano muke mu Ntara za Kivu.
Yagize ati: “Niba Bwana Tshisekedi adashaka ibiganiro, ubwo tuzategura ibiganiro tutamufite.”
Aya magambo ashimangira ko Lamuka itabona kuba Perezida yaba adahari nk’inzitizi yo kuganira ku hazaza h’igihugu.
Uyu muvugizi kandi yanenze icyo yise ukwegurira igihugu ubutegetsi bw’umuntu umwe, avuga ko Congo itagomba gushyira ejo hazaza h’abaturage bayo mu maboko y’umuntu ku giti cye, kabone n’iyo yaba ari Perezida uri ku butegetsi.
Yagize ati: “Ntidushobora kwigomwa ejo hazaza h’igihugu cyose kugira ngo dushimishe umuntu utekereza ko, tutamufite, Congo idashobora kubaho.”
Lamuka ivuga ko igishyizwe imbere ari ugushakira igihugu ibisubizo birambye ku bibazo bya politiki n’imikorere y’inzego z’ubuyobozi, by’umwihariko hagashyirwa imbaraga mu kugarura umutekano n’ituze mu bice byibasiwe n’intambara mu burasirazuba bwa RDC.
Aya magambo ya Prince Epenge aje mu gihe igihugu gikomeje kwibasirwa n’umutekano muke, imirwano yitwaje intwaro, n’ukutizerana hagati y’ubutegetsi n’amwe mu mashyaka atavuga rumwe nabwo, bigatuma hakomeza gusabwa ibiganiro rusange byahuza Abanye-Congo bose nk’inzira yo kugarura amahoro arambye.



