Minisitiri w’Imikino n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yatangaje ko abona nta wundi muntu ushobora gusimbura Perezida Félix Tshisekedi ku buyobozi bw’igihugu, ashimangira ko hakwiye gutekerezwa ku buryo yakomeza kuyobora mu gihe cya manda ya gatatu.
Budimbu yabivugiye mu nama yagiranye n’abarwanashyaka b’ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS, yabereye mu gace ka Kasangulu mu ntara ya Kongo-Central. Yatangaje ko bagiye gutangiza ubukangurambaga bugamije gusaba ihindurwa ry’Itegekonshinga, kugira ngo Perezida Tshisekedi ashobore kongera kwiyamamariza indi manda.
Iki gitekerezo cya manda ya gatatu kimaze igihe kivugwaho cyane mu gihugu, nubwo Itegekonshinga rya RDC ritabyemera. Mu minsi ishize, izi mpaka zongeye gufata indi ntera mu banyapolitiki ndetse no mu baturage.
Mu gusobanura impamvu abona ko Tshisekedi yakomeza kuyobora, Budimbu yagize ati:
“Niba Perezida Félix Tshisekedi ava ku butegetsi, ni nde yabusigira? Kandi uwo yabuha yabukoresha iki?”
Yakomeje agaragaza ibyo yise ibikorwa by’iterambere n’impinduka nziza Perezida Tshisekedi yazanye mu gihugu, avuga ko ari yo mpamvu akwiye gukomeza kuyobora.
Budimbu yavuze ko iri shyaka rigiye gutangiza ubukangurambaga bwiswe “Tout Droit Ti na Trois”, bisobanura ko “bose berekeje kuri manda ya gatatu”.
Icyakora, abatavuga rumwe n’ubutegetsi baramaganye cyane iki gitekerezo cyo guhindura Itegekonshinga hagamijwe kongerera Tshisekedi manda.
Mu mpera z’icyumweru gishize, umunyamabanga mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, na we yatangaje ko bishoboka “gukora ku Itegekonshinga” mu gihe bibaye ngombwa.
Kabuya yagize ati:
“Mobutu yahinduye Itegekonshinga inshuro 17, Mzee Laurent-Désiré Kabila aryihindura inshuro eshatu, na Joseph Kabila yararyihinduye… None se ni iyihe ngingo yabuza UDPS gukora ku Itegekonshinga?”
Ku rundi ruhande, umuyobozi wungirije wa Sena ya RDC, Bahati Lukwebo, yamaganye imigambi yose igamije guhindura Itegekonshinga. Nyuma y’ibi, Sena ya RDC yasohoye itangazo ivuga ko ibyo Lukwebo yatangaje yabivuze ku giti cye, atavugira urwego rwa Sena.
Perezida Félix Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2019, kugeza ubu ntaratangaza ku mugaragaro niba yifuza kongera kwiyamamariza manda ya gatatu. Icyakora, mu mwaka wa 2024 yavuze ko Itegekonshinga rya RDC rikwiye kuvugururwa kuko hari aho rifite “intege nke.”
Ibi bibaye mu gihe ubutegetsi bwe buhanganye n’ibibazo bikomeye birimo umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu. Leta ya Kinshasa ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe u Rwanda rwo rubihakana.
Amatora ya perezida ataha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ateganyijwe mu kwezi k’Ukuboza 2028, ari na bwo manda ya kabiri ya Perezida Tshisekedi izaba irangiye.




