18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruRIP Solange! Gitifu w’umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara yitabye Imana...

RIP Solange! Gitifu w’umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara yitabye Imana azize impanuka yabereye mu rugo iwe

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Gisagara , Umumararungu Solange ,yitabye Imana. 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Amakuru ya UMUSEKE avuga ko yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya  12 Ukwakira 2023. 

Abasanzwe bakorana na nyakwigendera mu karere ka Gisagara babwiye kiriya gitangazamakuru ko yari  amaze icyumweru arwaye nyuma yo gukora impanuka ari mu bwogero (douche). 

Umwe muri bo yagize ati “Twagize ibyago mugenzi wacu yitabye Imana azize impanuka yo muri douche” 

Gitifu Umumararungu amakuru avuga ko yaguye mu bwogero ahita ajyanwa mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal mu mujyi wa Kigali ari naho yaguye. 

Abakoranye nawe bavuga ko yari amaze iminsi ari muri koma kandi ko  mu burwayi bwe atigeze yoroherwa. 

Nyakwigendera yari umubyeyi  w’abana batatu . 

Mbere yuko ayobora Umurenge wa Kibilizi yabanje kuyobora uwa Ndora,  akaba ari nawe mugore rukumbi wayoboraga mu Mirenge igize akarere ka Gisagara. 

Latest stories

spot_img