Ronald Nsubuga Balimwezo wo mu ishyaka National Unity Platform (NUP) yatorewe kuyobora Umujyi wa Kampala , nyuma yo gutsinda amatora yabaye ku wa 22 Mutarama 2026.
Ibyavuye mu matora byatangajwe n’Umuyobozi w’Amatora mu Mujyi wa Kampala, Jennifer Kyobutungi, wemeje ko Balimwezo yabonye amajwi 141,220, ayamuha intsinzi isobanutse ku bandi bakandida bose bari bahanganye.
Balimwezo, wahoze ari Depite wa Nakawa East, yatsinze abakandida barindwi barimo n’umunyamategeko Erias Lukwago wari umaze imyaka 15 ayobora Umujyi wa Kampala. Lukwago yagize amajwi 41,915, aza ku mwanya wa gatatu.
Ku mwanya wa kabiri haje Moses Kizito Nsubuga wagize amajwi 43,615, mu gihe abandi bakandida barimo Beatrice Mao bagize amajwi 2,162.
Intsinzi ya Balimwezo ifatwa nk’intsinzi ikomeye ku ishyaka NUP, ndetse ikagaragaza impinduka mu miyoborere y’Umujyi wa Kampala, aho hitezwe icyerekezo gishya mu miyoborere n’iterambere ry’Umurwa Mukuru wa Uganda.



