24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeImyidagaduroSi amarira gusa: Karole Kasita yahawe imodoka ya Benz n’inzu nyuma yo...

Si amarira gusa: Karole Kasita yahawe imodoka ya Benz n’inzu nyuma yo gutandukana n’ umukunzi we

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

 

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda uri mu bagezweho mu njyana ya Dancehall, Karole Kasita, yatunguye benshi nyuma yo kuvuga ku itandukana rye ryabaye mu buryo budasanzwe, aho uwahoze amukunda yamusezeyeho amuha impano z’akataraboneka.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Karole Kasita yagarutse ku mubano wigeze kumuhuza n’umugabo w’umukire ukabije, ariko ahitamo kutatangaza amazina ye. Nubwo urukundo rwabo rwarangiye, itandukana ryabo ryaranzwe n’ubugwaneza n’impano zitari zisanzwe.

Uyu muhanzikazi yavuze ko ubwo bafataga icyemezo cyo gutandukana, uwo mugabo yamuhaye uburenganzira busesuye bwo guhitamo imwe mu modoka zihenze yari afite. Yavuze ko yinjiye muri parikingi irimo imodoka z’agaciro gakomeye zirimo Mercedes-Benz, Toyota Land Cruiser V8 (izwi nka Mpa Enkoni) n’izindi,

Ati: “Yanyeretse parikingi irimo imodoka nyinshi, ambwira nti ‘hitamo iyo ukunda.’ Sinatinze gutekereza, nahise mfata Benz ndagenda.”

Ibyo si byo byonyine byaranzwe n’iri tandukana. Karole Kasita yanongeyeho ko uwahoze amukunda yamuhaye amahitamo abiri: gusubira kuba kwa nyina mu gihe we yakwitekerezaho, cyangwa kwimukira mu nzu ye bwite, yishyuwe kandi iteguwe neza byose bikozwe na we.

Ati: “Yambwiye nti ushobora gusubira kwa mama wawe, cyangwa nkagushakira inzu, nkayishyura, nkayitunganya neza, ndetse nkanashyira amafaranga kuri konti yawe.”

Uretse inzu n’imodoka, uyu mugabo yanamwijeje ko azajya amushyiriraho amafaranga amufasha gukomeza kubaho neza, ku buryo atigeze agira icyuho mu mibereho ye ya buri munsi.

Karole Kasita yavuze ko kubera ubu bufasha n’ukwitabwaho mu buryo bwihariye, nta muntu n’umwe wigeze abona ko yari ari mu bihe bikomeye by’ihungabana ry’itandukana.

Ati: “Ni yo mpamvu nta muntu n’umwe wigeze abona ko mfite ibibazo.”

Iyi nkuru yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagaragaje gutungurwa n’ubu buryo budasanzwe bwo gutandukana, bamwe bakavuga ko ari itandukana ritandukanye n’ibisanzwe byuzuyemo amarira n’agahinda.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here