36.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeTagsSHA

Tag: SHA

spot_img

“Tugomba kujya muri Congo” – Perezida Trump yatamaje Tshisekedi anahishura icyo Amerika ishaka muri RDC

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yasabye ubufasha bwihariye Amerika, harimo n’uko Abanyamerika bakwinjira mu bucukuzi...

Amakuru mashya: Iby’igitero cya AFC/M23 ku butaka bw’u Burundi nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira.

Nyuma y’ifatwa rya Uvira mu ijoro ryo ku wa 9 Ukuboza 2025, hari amakuru yatangiye gukwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko AFC/M23 ishobora gutera u Burundi, ibintu byahise bitera impungenge mu baturage b’i Ruzizi, Bujumbura Rural n’utundi duce duhana imbibi na RDC.   Nubwo AFC/M23 yamaze kubihakana mu buryo bweruye, ibibazo bitandukanye biracyari kwibazwa na benshi: Ni iki cyakuruye ibi bihuha? Ese birashoboka? Ni uwuhe mwuka w’ubutwererane n’ubwoba uvugwa ku mpande zombi?  Iyi nkuru irasesengura impamvu zabyukije ibihuha, imiterere y’umutekano ku mpande zombi, ubufatanye mu ntambara hagati ya FARDC, FDLR...

Walikale: Abasirikare babiri ba FARDC n’umuturage umwe bahamijwe igihano cy’urupfu

  Urukiko rwa Gisirikare rwa Goma ruri kuburanira i Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho ku wa 10 Ukuboza rwahamije abantu batandatu ibyaha bikomeye...

Tshisekedi Yikomye u Rwanda Nyuma yuko umujyi wa Uvira ufashwe na AFC/M23. Igisubizo cya Perezida Kagame

Umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yatangaje ko u Rwanda ruri gukora “igitero cy’ubutabazi ku butaka bwa Congo,” nyuma y’uko AFC/M23 itangaje ko yafashe umujyi wa Uvira, umwe mu mijyi y’ingenzi yo mu burasirazuba bw’igihugu.  Uvira ni wo mujyi munini wari usigaye utagenzurwa na AFC/M23 mu Burasirazuba bwa Congo. Kiwutakaza ku ruhande rwa Leta ya RDC byahinduye ishusho y’intambara imaze imyaka myinshi ihitana ubuzima bw’abaturage no kubatesha ibyabo.  Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga X n’Ibiro bya Perezida, Tshisekedi yavuze ko iterabwoba rya AFC/M23 ari “ihonyora ry’amasezerano ya Washington” aherutse gushyirwaho umukono na we hamwe na Perezida Paul Kagame, ku bufasha bwa Perezida wa Amerika, Donald Trump.  Ni mu gihe Perezida Kagame, mu ijambo rye yavuze ko u Rwanda “rwemeye amasezerano ku bushake” ndetse ruzayubahiriza, ariko yongeraho ko “intambara zari zatangiye mbere y’uko amasezerano asinywa.”  RDC ishinja u Rwanda kohereza abasirikare, intwaro n’ubundi bifasha bwa gisirikare mu gufasha M23, ibyo u Rwanda ruhakana rukivugira ko nta bufasha na bumwe rugenera M23, ahubwo rukavuga ko ruri mu “kurinda umutekano warwo.”  Na none, u...

Uvira: Ingabo z’u Burundi Zasubiye Iwabo Nyuma yo Gutsindwa na AFC/M23, Abaturage bakomoza ku mpinduka zikomeye

Mu mujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo nyuma y’uko wigaruriwe na AFC/M23 ikanashyiraho inzego nshya z’umutekano ukomeje kugaragaramo impinduka mu buzima bw’abaturage bawutuye.  Colonel Willy...

Fayulu avuga ko amasezerano ya Washington ari igikorwa cyateguwe na Kagame

  Mu kiganiro yagiranye na France 24 ku wa Kane tariki 11 Ukuboza, umunyepolitiki ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Fayulu Martin, yavuze ko...

Ndayishimiye anenga kutita ku bibazo bya RDC no kudakorera hamwe kw’amahanga mu miyoborere y’Afurika

  Umukuru w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yongeye kunenga uburyo amahanga akomeje kwirengagiza ikibazo cy’umutekano muke n’ibitero bikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi yabivugiye...

Subscribe

- Never miss a story with notifications

- Gain full access to our premium content

- Browse free from up to 5 devices at once

Must read

spot_img