25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeIbyamamareTiti Brown ibye byajemo kidobya agiye gusubizwa munkiko kubera iyi mpamvu!

Titi Brown ibye byajemo kidobya agiye gusubizwa munkiko kubera iyi mpamvu!

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

Tariki ya 10 Ugushyingo 2023 yari itariki y’ibyishimo ubwo Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown yagirwaga umwere akarekurwa, gusa kugeza ubu arimo gishegesha ntavura; ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Amakuru agera kuri corridorreport.com avuga ko ubushinjacyaha bwatanze ikirego itariki 06 Ukuboza 2023 habura iminsi itanu kugira ngo iminsi 30 yagenwe yo kujurira irangire.

Titi Brown akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure akamutera inda. Mu rukiko rwisumbuye, icyo kirego cyari cyateshejwe agaciro agirwa umwere.

Ubushinjacyaha bwujuririye iki cyemezo kuko buvuga ko Umucamanza wo mu rukiko rwisumbuye yirengagije ibimenyetso byatanzwe. Rwasabye Urukiko Rukuru kongera gusuzuma no kwemeza ko ibimenyetso bishinja Ishimwe Thierry bifatika kuko nta gushidikanya kurimo.

Ubushinjacya bwavuze ko Urukiko rwatesheje agaciro imvugo z’urega (nyina w’umwana wahohotewe) ngo kuko yavuze ibyo yabwiwe n’umwana.. Ubushinjacyaha busanga Urukiko rutaragaragaje inenge iri mu mvugo y’urega kuko bisanzwe ko urega aba ahagarariye umwana kandi atari we wahohotewe.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko urukiko rwisumbuye rwirengagije ikimenyetso cy’amashusho yatanzwe agaragaza umwana wahohotewe ari kumwe n’uregwa. Buvuga ko butagitanze mu kwerekana ko uregwa yasambanyije umwana ngo ahubwo byari mu rwego rwo kugaragaza ko umwana yageze mu rugo rw’uregwa kandi yahamaze umwanya, bitandukanye n’ibyo Titi Brown yireguje avuga ko umwana atigeze yinjira mu nzu kandi nta mwanya yahamaze.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko Rukuru kuzasesengura ibimenyetso byatanzwe muri uru rubanza rukabiha ishingiro. Ntabwo haratangazwa itariki ubu bujurire buzaburunirwaho.

Titi Brown ibye byajemo kidobya agiye gusubizwa munkiko 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here