24.3 C
Africa
Sondag, Maart 22, 2026
HomeAmakuruTrump yavuze amagambo akomeye: “Kwica abayobozi ba Iran ni ishema rikomeye

Trump yavuze amagambo akomeye: “Kwica abayobozi ba Iran ni ishema rikomeye

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atewe ishema rikomeye kuba ingabo z’Amerika ziri kugaba ibitero ku bayobozi n’inzego z’ubutegetsi bwa Iran.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social mu gitondo cyo kuri uyu munsi, Trump yavuze ko Amerika iri gusenya mu buryo bukomeye ubushobozi bwa Iran mu bya gisirikare, ubukungu n’ibindi bikorwa byayo.

Yagize ati: “Turimo gusenya burundu ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran. Igisirikare cyabo kiri gusenywa, indege z’intambara ziri gukurwaho, za misile n’ibindi bikoresho bya gisirikare birimo gusibwa, ndetse n’abayobozi babo bari gukurwaho ku isi.”

Ibi byatangajwe mu gihe amakimbirane hagati ya Iran na Israel akomeje gufata indi ntera, aho Iran nayo iri kugaba ibitero byo kwihimura ku bihugu biyishyigikiyeho ibitero, cyane cyane Israel ndetse n’uturere two mu Burasirazuba bwo Hagati Amerika ifitemo ibirindiro bya gisirikare.

Ingabo za Israel zatangaje ko ziri guhangana n’ibitero bya misile byarashwe na Iran byerekeza ku butaka bwa Israel. Mu bice bitandukanye by’icyo gihugu, humvikanye intabaza ziburira abaturage kwihisha, ndetse n’ubutumwa bwo kuri telefoni busaba abantu kujya mu bwihisho bwihuse.

Ku ruhande rwe, Trump yavuze ko Amerika ifite intwaro “zitagereranywa n’iza buri wese” ndetse ko ifite n’igihe gihagije cyo gukomeza ibikorwa bya gisirikare. Yongeyeho ati: “Reka murebe ibigiye kuba uyu munsi.”

Nubwo atatanze ibihamya bifatika, Trump yashinje ubutegetsi bwa Iran ko bumaze imyaka 47 “bwica inzirakarengane”. Yavuze ko nk’umukuru w’igihugu wa 47 wa Amerika, ari mu gikorwa cyo kuburwanya byeruye.

Aya magambo n’ibikorwa bya Trump byateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga. Hari abamushyigikiye bavuga ko ari guhangana n’ubutegetsi bwateje umutekano muke mu karere, mu gihe abandi bamushinja guteza intambara ishobora gukururira isi ingaruka zikomeye zirimo ubwicanyi ku basivile n’ihungabana ry’ubukungu ku isi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here