25.1 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeU Burundi bwatangiye kohereza ingabo zabwo: Haratutumba intambara hagati y’u Rwanda n’u...

U Burundi bwatangiye kohereza ingabo zabwo: Haratutumba intambara hagati y’u Rwanda n’u Burundi izasiga iyogoje akarere kose.

Date:

Related stories

“Abatutsi Baremewe Kwicwa?”: Ubutumwa bukomeye bwa Obadioas Kavune ku mahanga n’imiryango mpuzamahanga.

Mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, ijwi rikomeye ryongeye kugaruka ku bibazo by’umutekano n’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.  Obadioas Kavune, umunyabwenge n’Umunyamulenge uzwiho kugaragaza ibitekerezo byimbitse ku mateka n’akarengane karanze ubuzima bw’Abatutsi bo muri Congo, yatanze ubutumwa bukomeye abinyujije kuri MCN, abugenera amahanga n’imiryango mpuzamahanga.  Mu magambo arimo intimba n’uburakari, Kavune yabajije ikibazo gikomeye gikomeje kwibazwa na benshi: “Ese Abatutsi bo muri Congo baremewe gupfa?” Iki kibazo ntiyagitanze nk’ikirimo amarangamutima gusa, ahubwo yagishingiye ku mateka maremare y’ubwicanyi, itotezwa n’ihohoterwa byagiye bikorwa ku Batutsi mu bihe bitandukanye, amahanga akenshi akabirebera cyangwa akabyirengagiza.  Kavune yagaragaje ko mu gihe isi ikomeza kwigira umuvugizi w’uburenganzira bwa muntu, hari abaturage bamwe bagaragaye nk’abadakorwaho, naho abandi bakemererwa gupfa ntawe ubavugiye. Yavuze ko guceceka kw’amahanga ku bikorerwa Abatutsi bo muri Congo atari impanuka, ahubwo ari ihitamo rishingiye ku nyungu za politiki n’ubukungu.  Agaruka ku mateka ya kera, Kavune yibukije ko mu 1964, mu mvururu zari ziyobowe na Pierre...

RDC igiye gushyiraho sisiteme nshya, ihuriweho kandi y’ikoranabuhanga mu gusuzuma indwara

  Mu rugendo rwo kunoza serivisi z’ubuvuzi no kongera ireme...

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...
spot_imgspot_img

Umuyobozi w’Ubutumwa bwa Loni mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Bintou Keita, yatangaje ko umwuka mubi ukomeje kwigaragaza hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu ushobora kuvukamo intambara iyogoza akarere. 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu kanama k’Umutekano ka Loni ubwo hasuzumwaga ibijyanye n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo n’aho MONUSCO igeze ivana ingabo zayo muri Congo nk’uko byemejwe. 

Bintou Keita yavuze ko umwuka umeze nabi muri Congo mbere y’iminsi mike ngo habe amatora ya Perezida, by’umwihariko kubera imirwano ihuje ingabo za Leta na M23. 

Keita yavuze ko igiteye inkeke ari umubano w’u Rwanda na Congo ukomeje kwangirika bitewe n’iyo ntambara, aho Congo ishinja u Rwanda gufasha M23, rukabihakana ahubwo rukayishinja gukorana na FDLR. 

Yagaragaje ko uwo mwuka uganisha habi umubano w’ibihugu byombi ku buryo hashobora kuvamo intambara irimo n’u Burundi. 

Ati “ Umwuka mubi hagati ya RDC n’u Rwanda warushijeho kwiyongera, ibintu byongera ibyago byo guhangana gisirikare ndetse hakaba hakwinjiramo n’u Burundi.” 

Keita akomoje ku Burundi nyuma y’iminsi bushinjwa kurwana ku ruhande rw’ingabo za Congo hamwe n’indi mitwe nka FDLR, bagamije gusubiza inyuma M23. 

Nubwo Congo n’u Burundi batabyemeza cyangwa ngo babihakane, hashize iminsi hagaragazwa amafoto ya bamwe mu basirikare b’u Burundi bafashwe cyangwa biciwe ku rugamba na M23. 

Hari n’amajwi y’abasirikare b’u Burundi muri Congo yumvikanisha ko boherejweyo batabyishimiye, ku buryo ibibazo byose byashwanisha u Rwanda na Congo, byanze bikunze n’u Burundi bwabyisangamo. 

Hashize iminsi kandi ubutegetsi bwa Congo bwigamba ko bushaka gushoza intambara ku Rwanda bagakuraho ubuyobozi buhari, Tshisekedi we yivugiye ko azafasha uwo ari we wese uzagaragaza ko ashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda. 

Leta y’u Burundi n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziravugwaho imikoranire yatumye iki gihugu cyohereza abasirikare 6000 bazafasha cyane Felix Tshisekedi. 

Bivugwa ko aba basirikare b’u Burundi boherejwe muri Congo mu bihe binyuranye. Barimo abagera kuri 2000 boherejwe nyuma gato ya Kanama mu 2023, ubwo ibihugu byombi byagiranaga amasezerano y’ubufanye mu bya gisirikare. 

Hari kandi abandi basirikare b’u Burundi bagera kuri 1000 boherejwe muri Congo mu Ugushyingo mu 2023, ndetse baza gukurikirwa n’abandi 800 mu Ukuboza, nk’uko tubikesha The Great Lakes Eye. 

Uretse aba hari ikindi cyiciro cy’abasirikare 750 bamaze igihe batorezwa mu gace ka Matukura, mu Ntara ya Cankuzo. Biteganyijwe ko bazoherezwa i Kinshasa mu bikorwa byo gucunga umutekano mu gihe cy’amatora ateganyijwe ku wa 20 Ukuboza mu 2023. 

Aba bose biyongera ku bandi basirikare b’u Burundi barenga 500 boherejwe mu butumwa bw’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bo bakaza kuguma muri iki gihugu mu gihe abandi batashye. Gusa igisirikare cy’u Burundi cyo kivuga ko aba basirikare batashye. 

Amakuru yizewe agaragaza ko aba basirikare b’u Burundi mu nshingano bahawe harimo no kurinda ahantu Tshisekedi uri ku buyobozi muri RDC aba ari bwiyamamarize. 

Amakuru y’uyu mubare munini w’abasirikare b’u Burundi bari muri Congo aje nyuma y’igihe M23 ishinja Ingabo z’iki gihugu kwifatanya n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara ibahanganishije. 

Mu bihe bitandukanye M23 yagiye igaragaza ko hari bamwe mu basirikare b’u Burundi yiciye ku rugamba ihanganyemo na FARDC nubwo kugeza ubu ntacyo leta y’iki gihugu irabitangazaho. 

Hari amakuru avuga ko ku wa Gatanu tariki 8 Ukuboza, i Goma hageze abasirikare bo mu mutwe udasanzwe mu Ngabo z’u Burundi, bagomba koherezwa i Kinshasa kurinda Tshisekedi. 

U Burundi busa nk’aho aribwo busigaye ari inshuti y’akadasohoka ya Tshisekedi nyuma yo kwitazwa n’abandi bakuru bo mu bihugu by’akarere, bagerageje ibishoboka byose ngo intambara na M23 irangire mu bwumvikane ariko Tshisekedi akabyanga. 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here