20.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruU Rwanda rurashinja RDC kudashyira mu bikorwa Amasezerano ya Washington

U Rwanda rurashinja RDC kudashyira mu bikorwa Amasezerano ya Washington

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

 

U Rwanda rwatangaje ko rufite impungenge zikomeye ku bushake bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwo kubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington, nyuma y’uko iki gihugu gikomeje ibikorwa byo kurenga ku gahenge cyari cyiyemeje kubahiriza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko RDC ikomeje gukoresha imvugo n’ibikorwa bidahura n’amasezerano yashyiriweho umukono ku wa 4 Ukuboza 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agamije kugarura amahoro no guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu.

Aya masezerano ya Washington akurikiye amahame y’amahoro yemejwe i Doha ku wa 15 Ugushyingo 2025 hagati ya RDC n’ihuriro AFC/M23, aho impande zombi zemeranyije guhagarika imirwano no gusubizaho inzego za Leta mu Burasirazuba bwa Congo mu byiciro, ku bufatanye bwa Leta n’AFC/M23.

Muri ayo mahame harimo:

Gusubizaho inzego za Leta n’imitangire ya serivisi mu Burasirazuba bwa RDC binyuze mu bwumvikane hagati ya Leta na AFC/M23.

Gufata ingamba z’agateganyo z’umutekano zigamije kurengera abaturage no kubungabunga ituze mu duce twari mu mirwano.

Nyuma yo gushyira umukono kuri ayo mahame i Doha, ihuriro ry’ingabo za FARDC, iz’u Burundi, n’imitwe bafatanya irimo Wazalendo na FDLR, ryakomeje ibikorwa byo gutera AFC/M23 mu duce dutandukanye, ibyo u Rwanda ruvuga ko ari ugusubiza inyuma amasezerano yose yo guhagarika imirwano.

Ku wa 9 Ukuboza 2025, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yashyize ubutumwa kuri X bushinja u Rwanda kurenga ku masezerano ya Washington, avuga ko ingabo z’u Rwanda zagabye ibitero muri Kamanyola no mu bice byegereye Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Yolande Makolo yahise amusubiza ko ibyo avuga ari ibinyoma, ashimangira ko RDC ari yo iri kurenga ku masezerano:

Yagize ati: “Ibinyoma byawe birahagije. RDC ntiyabasha kugenzura agahenge mu gihe muri kurenga ku gahenge kandi mudafite ubushake bwo kubahiriza amasezerano ya Washington mwashyizeho umukono.”

RDC yasinyiye ayo masezerano ya Washington mu gihe imirwano yari igeze ahakomeye , ndetse AFC/M23 yari imaze kwinjira no kugera mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo,nyuma yo gushyiraho umukono kw’ayo masezerano, AFC/M23 yakomeje gufata ibindi bice byinshi mu ntambara ihanganyemo na FARDC n’ingabo z’u Burundi, izo ikomeje gutsinda ku mirongo myinshi y’ urugamba.

 

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko RDC ikomeje gukoresha imvugo n’ibikorwa bidahura n’amasezerano yashyiriweho umukono ku wa 4 Ukuboza 2025
Patrick Muyaya, yashyize ubutumwa kuri X bushinja u Rwanda kurenga ku masezerano ya Washington.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here