23.3 C
Africa
Sondag, Desember 21, 2025
HomeImyidagaduroUbutumwa bw’Imana bwahindutse indirimbo: Inkuru y’ubuzima bwa Israel Mbonyi

Ubutumwa bw’Imana bwahindutse indirimbo: Inkuru y’ubuzima bwa Israel Mbonyi

Date:

Related stories

Bobi Wine asaba urubyiruko guhitamo ejo hazaza aho guhitamo inzoga n’itabi

  Umuhanzi w’icyamamare wahindutse umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda,...

Amagambo ya Davido yaciyemo ibice abakunzi b’umuziki wa Nigeria

  Umuhanzi w’icyamamare David Adeleke uzwi nka Davido yatangaje amagambo...

Ibyo u Rwanda rwaganiriye n’u Burusiya byakuye umutima u Burundi bwarukangishije intambara yeruye

Mu gihe akarere k’Ibiyaga Bigari gakomeje kuzahazwa n’umutekano muke...

Abakora umuziki bagaragaje impungenge ku hazaza h’uruganda mu gihe The Ben yavamo

  Rwiyemezamirimo Nduwimana Jean Paul wamamaye mu myidagaduro nka Noopja...
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko atajya ahangayikishwa n’ibyo kwambara igihe agiye gukora igitaramo cyangwa mu buzima busanzwe, ahubwo yibanda ku butumwa atanga kurusha isura y’inyuma. Avuga ko akunda guseka, kandi ko yakuriye mu muryango wishimye kandi wiyoroshya.

Ati: “Ku gitanda cyanjye hakunze kuba hari agatabo nandikamo n’iyo byutse. Ijoro ndarikunda kuko ndigiriramo umugisha wo gusurwa n’Imana; ndarota, kandi rimwe na rimwe nkarota ibintu bifite umumaro. Imana ihamera ubutumwa, nkabasha kubona icyerekezo gishya.”

Mbonyi yakomeje asobanura ko mbere yo kuryama abanza gusenga no kwitegura mu mutima, maze Imana ikamwereka umurongo akwiriye gukurikiza. Ati: “Ijoro ryanjye ndaryubaha.”

Uyu muhanzi yagarutse ku mpano eshatu afite. Ati: “Ngira impano yo kurota kuko ibyo mbonye mu nzozi biraba. Ngira impano y’ijambo ry’Imana, nkunda kurisoma cyane kuko rifasha kwandika indirimbo no gutegura ibihangano byanjye. Ndi umuhanzi, ariko mu by’ukuri nakabaye ndi umuvuga-butumwa; ubwo buvuga-butumwa mbunyuza mu ndirimbo.”

Mbonyi kandi yagaragaje ko hari byinshi mu buzima bwe akunda kubigumana, ibi abivugira mu kiganiro yagiranye na Taikun Ndahiro. Abajijwe niba Imana yaramuhamagaye, yasubije ati: “Yego, Imana yampamagaye nkiri ku ishuri i Inyanza. Nagize inzozi Imana imbwira ko nitwa Mbonyicyambu Israel, ariko icyo gihe nari nkiri muto numva ayo mazina ari ay’abantu bakuze.”

Yakomeje agira ati: “Nashatse andi mazina yenda gusa, niyita Mbonyifura Eric. Ariko Imana yongeye kunsanga mu nzozi, impamagara muri rya zina iti: ‘Si wowe witwa Mbonyicyambu?’ Ndasubiza nti: ‘Yego.’”

Yasoje avuga ko Imana yamubwiye ko izamugira icyambu cy’abantu benshi. Ati: “Nari nkiri muto, ariko mbyutse numvise ubwo butumwa budasanzwe; numvise bufite imbaraga kandi buteye ubwoba. Uko nagendaga nkura, narushijeho gusobanukirwa n’iryo zina Imana yari yanyise.”

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here