24.4 C
Africa
Vrydag, Januarie 16, 2026
HomePolitikeUbutunzi bwa RDC mu Marembera: Kiliziya Gatolika ntiyumva ukuntu Tshisekedi yagwatirije ibirombe...

Ubutunzi bwa RDC mu Marembera: Kiliziya Gatolika ntiyumva ukuntu Tshisekedi yagwatirije ibirombe byose imyaka 99

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

Mu gihe Abakirisitu Gatolika bateraniye mu misa ibanziriza Noheli, i Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga, Umuyobozi w’Inama y’Abepisikopi Gatolika ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENCO), Musenyeri Fulgence Muteba Mugalu, yashyize ahagaragara impungenge zidasanzwe ku masezerano y’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro yasinywe n’igihugu cye na sosiyete z’Abanyamerika, akavuga ko ayo masezerano ari “ay’ubucuti bw’ikinyoma.”

Amasezerano yemeza ko sosiyete z’Abanyamerika zizajya zigenzura ibirombe bya RDC mu gihe cy’imyaka 99, hashingiwe ku masezerano y’amahoro n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu yasinyiwe i Washington D.C. mu ntangiriro z’uku kwezi.

Gusa, Musenyeri Muteba yavuze ko inyungu z’Abanyamerika zihagarariye nyinshi, atari iterambere ry’Abanye-Congo.

Yagize ati: “Aya masezerano yose mwumva mu by’ukuri ni ay’ubucuti bushingiye ku kinyoma. Ni amasezerano y’ubufatanye bw’ubusumbane. Ni amasezerano y’ubufatanye butuma imodoka zitunda bikabije umutungo kamere wacu.”

Musenyeri Muteba yagaragaje ko nubwo Amerika yagaragaje ko ishaka gufasha RDC kubona amahoro n’iterambere birambye, mu by’ukuri nta munyamahanga utekereza ku mahoro y’Abanye-Congo cyangwa iterambere ryabo. Ati: “Buri wese areba inyungu ze gusa,”

Uyu mushumba wa Kiliziya Gatolika yagize ati: “Ni isura nshya y’ubukoloni, ni ubukoloni bushingiye ku bukungu. Nshengurwa n’ingengabitekerezo izana amasezerano y’ubusumbane, atari muri RDC gusa, ahubwo no mu bihugu byinshi bya Afurika, Amerika y’amajyepfo n’igice cya Asie.”

Yongeyeho ko kuba Perezida Tshisekedi yemera ko ibirombe byose by’igihugu byagwa mu maboko y’abandi mu gihe cy’imyaka 99 ari ibintu bitumvikana, kuko biriho kugira ngo arinde ubutegetsi bwe, atitaye ku hazaza h’Abanye-Congo.

Yagize ati: “Birenze imyumvire kuba umuntu yatanga amabuye y’agaciro yose y’igihugu kugira ngo arengere ubutegetsi cyangwa sisiteme ya politiki. Ibi bisobanuye gutanga igitambo cy’iterambere ry’abaturage no kwambura ibyishimo abazavuka mu gihe kizaza.”

Musenyeri Muteba yahishuriye abakirisitu ko Tshisekedi yemereye sosiyete z’Abanyamerika kugenzura ibirombe bya RDC mu gihe cy’imyaka 99.

Ati: “Ese mwari muzi ko twasinye amasezerano y’imyaka 99 yo kubyaza umusaruro umutungo kamere? Ibyo murabizi? Imyaka 99! Kandi turabizi ko amabuye y’agaciro atazabaho iteka. Nk’uko bo babivuga, ni umutungo wisubira. Ariko ni gute umuntu agwatiriza umutungo w’igihugu imyaka 99?”

Ibi byateje impaka zikomeye mu gihugu, cyane cyane mu gihe Perezida Donald Trump wa Amerika yagaragaje ko Amerika izakuramo sosiyete z’Abashinwa mu birombe bya RDC, kugira ngo hashyirwe imbere iterambere ry’inganda zikora batiri nyinshi z’imodoka zikoresha amashanyarazi n’ibindi bikoresho by’ingenzi.

Musenyeri Muteba yatangaje ko atewe impungenge n’uko RDC ishobora kuba isibaniro y’ibihugu bikomeye ku Isi bizaba bihanganira umutungo kamere wayo.

Yakomeje ati: “Ibimenyetso byose bigaragaza ko ari ho turi kugana.”

Abaturage n’abasesenguzi bemeza ko amasezerano y’imyaka 99 ashobora guhindura RDC igihugu cy’ingenzi mu rugamba rw’ubukungu hagati ya Amerika n’u Bushinwa, ariko bikaba bishobora gusiga abaturage nta nyungu bayakuramo, ahubwo bigashyira igihugu mu maboko y’abanyamahanga.

Mu gihe cya misa yo ku wa 24 Ukuboza, abakirisitu benshi bari bateraniye mu rusengero rwa Lubumbashi bagaragaje ko bahangayikishijwe n’aya masezerano. Abenshi bemeza ko umutungo kamere w’igihugu ari wo shingiro ry’ubukungu bw’abaturage kandi ko gufata ibyemezo bidafite uruhare rwa rubanda ari ugutambamira igihugu.

Umwe mu baturage yavuze ati: “Turashaka amahoro, ariko tutashobora kugira amahoro ku gicucu cy’akazi k’inyungu z’amahanga gusa.”

Abasesenguzi bavuga ko amasezerano nk’aya ashobora gutuma RDC igira ikibazo cyo kugumana umusaruro w’ibyayo, bigahungabanya iterambere ry’abaturage. Byongeye, ibi byateza ikibazo mu mahoro n’umutekano w’igihugu, kuko umutungo kamere uba ari isoko y’akajagari hagati y’abashoramari b’abanyamahanga n’abaturage b’imbere mu gihugu.

Musenyeri Muteba yasoje ijambo rye asaba ubuyobozi bwa RDC gusubira ku masezerano, agashimangira ko iterambere ry’igihugu rigomba gusigasirwa kandi rikajya rifasha abaturage, aho kuba inyungu z’abanyamahanga gusa.

Yarangije avuga ko “Umutungo wacu ni wo shingiro ry’iterambere ry’Abany-Congo. Ntituzemere ko wiyamburwa mu izina ry’amasezerano cyangwa amahoro adasobanutse.”

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here