Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi umusore w’imyaka 20, nyuma y’aho akwirakwije amashusho kuri TikTok atera ubwoba Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba.
Uyu musore ukekwa yitwa Ivan Musana, yafashwe nyuma y’igihe gito amashusho ye atangiye gukwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, bigateza impaka n’impungenge ku mutekano w’igihugu n’ikoreshwa ribi ry’imbuga nkoranyambaga mu bihe byegereje amatora.
Mu mashusho Musana yifashe, yagaragaraga yambaye impuzankano y’ingabo za Uganda, by’umwihariko ikoti ry’imvura rikoreshwa n’abasirikare, ibintu byatumye benshi bakeka ko yaba ari umwe mu bagize UPDF. Muri ayo mashusho, yavuze amagambo akomeye ashinja ubutegetsi buriho, anatera ubwoba Perezida Museveni n’umuhungu we.
Mu butumwa bwe, Musana yasabye Perezida Museveni “gupakira ibye byose” agashaka inzira imusohora muri Uganda, amwibutsa ko amasasu akunze kuvugaho mu mvugo ze ashobora no kumugeraho. Aya magambo yafashwe nk’ashishikariza urugomo kandi abangamira umutekano w’igihugu.
Yongeyeho ko atazababarira Museveni na Gen Muhoozi mu gihe baba bafashwe, avuga ko hari abasirikare bavuga ko bari ku ruhande rwa Leta nyamara mu by’ukuri bashyigikiye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, amwita “Perezida wabo”.
Aya magambo yahise akurura uburakari n’impungenge, cyane cyane mu nzego z’umutekano, bitewe n’uko igihugu kiri mu bihe bikomeye bya politiki, byiganjemo impaka ku ihinduka ry’ubutegetsi n’amatora ateganyijwe.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kampala, Racheal Kawala, yavuze ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko Ivan Musana atari umusirikare wa UPDF, nubwo yari yambaye impuzankano ya gisirikare mu mashusho yafatiye kuri TikTok.
Kawala yasobanuye ko Musana yigaragaje nk’umusirikare ku bushake, agamije kuyobya rubanda no gutera ubwoba, ibintu bifatwa nk’icyaha gikomeye mu mategeko ya Uganda, cyane cyane iyo bigamije guhungabanya umutekano rusange.
Polisi yatangaje ko Musana yafatiwe mu Karere ka Bukedea, mbere yo kujyanwa kuri Stasiyo ya Polisi ya Kawempe, aho afungiwe by’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje.
Nk’uko byemejwe na Polisi, dosiye ye irimo gutunganywa kugira ngo ihite yoherezwa mu biro by’Umushinjacyaha Mukuru, aho azaburanishwa ku byaha akekwaho birimo kwiyitirira umusirikare, gukangisha abayobozi b’igihugu no gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga.
Iyi nkuru yongeye kugaragaza uko imbuga nkoranyambaga zirimo kuba urubuga rukomeye rwa politiki muri Uganda, cyane cyane mu rubyiruko, ariko kandi zikaba zishobora gukoreshwa nabi mu gutera ubwoba, gukwirakwiza urwango no guhungabanya umutekano.
Racheal Kawala yaboneyeho kuburira abaturage bose, by’umwihariko urubyiruko, kwirinda imvugo z’urwango n’ibikorwa bishobora gufatwa nk’iterabwoba cyangwa guhungabanya amahoro y’igihugu.
Yagize ati, “Mu gihe Uganda yegereza amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku wa 15 Mutarama 2026, buri muturage akwiye kwitwararika ibyo atangaza ku mbuga nkoranyambaga, kuko amategeko azakurikizwa ku muntu wese uzayarenza.”
Abasesenguzi ba politiki bavuga ko ibi bibaye bigaragaza umwuka ukomeje gukara muri politiki ya Uganda, aho urubyiruko rumwe rutangiye gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kugaragaza umujinya n’ukutishimira ubutegetsi, bigasaba Leta gushaka inzira zifungutse zo kuganira n’abaturage aho gukoresha igitugu gusa.
Iperereza riracyakomeje, mu gihe abanya-Uganda n’amahanga bakomeje gukurikirana uko iki kibazo kiri kugenda, cyane cyane ku ngaruka zacyo ku mutekano n’ituze ry’igihugu mu bihe by’amatora biri imbere.





