24 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruUmugabo yishwe n’intongo y’akabenzi

Umugabo yishwe n’intongo y’akabenzi

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari Madamu wa Perezida Kim Keon Hee yakatiwe igifungo azira ruswa

  Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee,...
spot_imgspot_img

Umugabo wo mu Murenge wa Byimana, AKagari ka Mpanda mu Karere ka Ruhango yagiye kugura inyama, ayiriye iramuniga,birangira yitabye Imana.

Uyu mugabo ngo mu masaha y’umugoroba wo ku wa kabiri atemberera mu gasantere, yagiye kugura inyama y’ingurube izwi nk’Akabenzi ku mucuruzi w’akabari, ayiriye iramuniga.

Ababonye iby’iyo mpanuka bemeza ko yagiye kugura intongo imwe, akiyishyira mu itama,umwuka urabura,bamwihutana kwa muganga ariko biba iby’ubusa arapfa.

Umwe yabwiye BTN ati “Bampamagaye ngo nwgino urebe ibibaye,ndaza,duhuruza abantu,abantu bamaze kuhagera,basanga umugabo yariye inyama yamunize,urumva ko ari impanuka yahuye nayo.”

Nyiri akabari akaba ari nawe ufite icyokezo, avuga ko yagerageje gukora ibishoboka byose ngo atabare ubuzima bwe, biranga.

Ati “Mu masaha ya nimugoroba nari ndi gucuruza,umusaza araza anyaka akabenzi(inyama y’ingurube), araza anyaka ifurusheti ndayimuha,ashinga inyama arayirya.Amaze kuyirya ageze hagati iramuniga ,ngira ngo ndebe ko nayimukuramo biranga afunga amenyo,nitabaza abaturage baraza baramfasha,birangira yitabye Imana.”

Ibyo bikimara kuba yabanje kujyanwa ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo abaganga baramire ubuzima bwe ariko birangira yitabye Imana.

Latest stories

spot_img