19.8 C
Africa
Vrydag, Januarie 16, 2026
HomeImyidagaduroUmuhanzi uri mu bakunzwe cyane mu Rwanda no kurwego mpuzamahanga agiye kwiyamamariza...

Umuhanzi uri mu bakunzwe cyane mu Rwanda no kurwego mpuzamahanga agiye kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria akaba ari mu bakunzwe cyane mu Rwanda no kurwego mpuzamahanga, Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi cyane ku izina rya Wizkid, yateje impaka zikomeye mu gihugu no ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho agaragaza ko ashobora kwiyamamariza kuba Perezida wa Nigeria.

Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ku bijyanye na politiki mu buryo bushobora gusa n’urwenya, ariko amagambo ye akagira uburemere bwinshi bwatunguye benshi.

Muri ayo mashusho, Wizkid yagize ati: “Wizkid Political Party, WPP. Ndi kwiyamamariza kuyobora igihugu mu mwaka wa 20…” Yakomereje aho atavuga umwaka nyirizina, bituma benshi bibaza niba ari urwenya cyangwa niba ari icyifuzo cyo kuzayobora igihugu mu gihe kizaza.

Ikintu cyakomeje gutuma abantu bagira impaka ni uko Wizkid yavuze ko atazifatanya n’amashyaka asanzwe muri Nigeria nka APC, PDP cyangwa Labour Party, ahubwo ko azashingira ku ishyaka rishya yise “Wizkid Political Party (WPP).”

Ibi byatumye benshi batangira kuganira ku mbuga nkoranyambaga ku byerekeye ubushobozi bwe bwo kwinjira muri politiki, bamwe babyakira nk’urwenya, abandi bakabifata nk’intambwe ishobora kuzavamo ibikorwa bifatika.

Uretse amagambo ye muri politiki, Wizkid amaze kwandika amateka mu muziki, aho yabaye umuhanzi wa mbere muri Afurika ugeze kuri miliyari 10 za streams kuri Spotify ku wa 8 Mutarama 2026. Abenshi babonye ibi nk’ikimenyetso cy’uburemere n’ingaruka ijambo rye rifite muri Afurika no ku isi.

Si umuziki gusa Wizkid yagaragaje ubuhanga, kuko aherutse no kwinjizwa nk’umunyacyubahiro muri Lagos Motor Boat Club, imwe mu makipe yihariye ahuriramo abakire, abayobozi n’abami muri Nigeria. Icyo gikorwa cyabaye nyuma yo gutaramira muri gala yo gusoza umwaka, aho yahabwaga icyemezo n’ingofero y’uyu muryango. Abayobozi b’iyi club bavuze ko kwakira Wizkid ari ikimenyetso cy’uruhare rwe mu guhuza umuco, ubuhanzi n’imibereho y’abakomeye mu gihugu.

Amashusho ya Wizkid yateje impaka zikomeye mu gihugu, benshi bakibaza niba Starboy ashobora guhinduka umunyapolitiki. Mu gihe bamwe bavuga ko ari urwenya ruremereye, abandi basaba ababibonye kumwumva no gukurikira ibikorwa bye mbere yo kugena umwanzuro.

Abasesenguzi ba politiki muri Nigeria bavuze ko kwinjira kwa Wizkid muri politiki, niba ari byo, bishobora guhindura imitekerereze y’urubyiruko ku bijyanye no kwitabira politiki, cyane ko Wizkid afite ijambo rikomeye mu rubyiruko rwo muri Nigeria no ku mugabane wa Afurika muri rusange.

Icyakora, kugeza ubu Wizkid ntiyigeze asobanura neza niba amagambo ye yari urwenya gusa cyangwa umugambi ufatika. Gusa amashusho ye yakomeje gukurura impaka, bikaba byitezwe ko ibitekerezo bye ku bijyanye no kwiyamamaza mu bya politiki bizakomeza kuganirwaho mu minsi iri imbere.

Umuhanzi wizwi nka Starboy kandi azwi ku mpano ye yo guhuza umuziki n’umuco w’abakiri bato, ashobora kuba intambwe nshya mu guhindura isura ya politiki ya Nigeria. Ibibazo byinshi bibazwa ni niba ashobora gukoresha ububasha n’icyubahiro yagiye ahakura mu muziki no mu bikorwa by’ubuhanzi kugira ngo abashe kugera ku ntego za politiki.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here