Umuyobozi w’Itorero Nansana House of Prayer, Pastor Wilson Bugembe, yasabye abayobozi b’amadini kwirinda kwivanga muri politiki, abashishikariza kuguma hagati no kudashyigikira ku mugaragaro abakandida cyangwa amashyaka ya politiki.
Bugembe yabigarutseho mu gihe hakomeje impaka mu baturage ku ruhare rw’abayobozi b’amadini mu miyoborere y’igihugu, cyane cyane mu bihe by’amatora, aho bamwe muri bo bagaragaye bitabira ibikorwa bya politiki by’abayobozi bakuru b’igihugu.
Yavuze ko umupasiteri akwiye kwitwara nk’umusifuzi mu mukino w’umupira w’amaguru, udashyigikira ikipe iyo ari yo yose, kugira ngo abashe kubungabunga icyizere cy’abamwizera bose.
Yagize ati: “Icya mbere, umupasiteri agomba kutagira aho abogamira. Agomba kuba nk’umusifuzi mu mukino w’umupira w’amaguru. Abayobozi b’amadini ntibagomba kugaragaza uruhande bahagazeho ku bibazo byoroshye kubyutsa amarangamutima nka politiki.”
Yakomeje avuga ko kwitandukanya na politiki bifasha abayobozi b’amadini kugirana umubano mwiza n’abayobozi b’impande zose, bityo bakabasha gukorera abaturage bose nta vangura.
Ati: “Ni yo mpamvu nihatira cyane kugaragara nk’umusifuzi. Ni icyubahiro kuri njye kumenyana no kugirana umubano n’abayobozi bo mu mpande zitandukanye.”
Pastor Bugembe yanavuze ku banenga kuba ajya agaragara yitabira ubutumire buturuka mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (State House), asobanura ko kwitabira ubutumire bwa Leta bidahita bisobanura ko aba ashyigikiye politiki runaka.
Yagize ati: “Kuri ubu, sinabona ubutwari bwo kwanga guhamagarwa na State House igihe Perezida ambajije kwitabira igikorwa. Ni yo mpamvu, igihe ntumiwe, yaba ari ku ruhande uru ari rwo rwose, njya kwitabira.”
Aya magambo aje mu gihe hakomeje impaka muri Uganda ku ruhare rw’abayobozi b’amadini mu bikorwa bya politiki, cyane cyane nyuma y’uko bamwe muri bo bagaragaye mu bikorwa bya politiki bya Perezida Yoweri Kaguta Museveni biherutse, ibintu byatumye bamwe bibaza niba idini rikwiye kugira uruhare rugaragara muri politiki y’igihugu.



