22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruUmwami Charles III w’u Bwongereza na Camilla bimitswe mu muhango witabiriwe na...

Umwami Charles III w’u Bwongereza na Camilla bimitswe mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Ubwami bw’u Bwongereza bwabonye Umwami mushya, Charles III, wimitswe hamwe n’Umugore we Camilla nawe wambitswe ikamba ry’Ubwamikazi mu muhango wabereye mu Ngoro ya Westminster Abbey i Londres.

Get a Professional Website at Promo Price

Chat on WhatsApp

Musenyeri wa Canterbury, unafatwa nk’Umuyobozi w’Idini rya Anglican ku Isi, Justin Welby, ni we wimitse Umwami Charles, amwambika ikamba ry’ubwami arangije asaba Imana kurengera umwami.

Ayo magambo ni nayo agize indirimbo y’igihugu y’u Bwongereza, “God Save the King” yasimbuye “God Save the Queen” yakoreshwaga ku ngoma y’Umwamikazi Elizabeth.

Charles yabaye umwami umwaka ushize ubwo umubyeyi we, Queen Elizabeth II yatangaga. Usibye kuba yimitswe akaba Umuyobozi w’Ubwami bw’u Bwongereza hamwe n’ibindi bihugu 14, Charles ni n’Umuyobozi w’Ikirenga w’Itorero rya Anglican mu Bwongereza.

Umuhango wo kumwimika wamaze amasaha abiri, igihe gito ugereranyije n’icyo kwimika Elizabeth II kuko bwo uwo muhango wamaze amasaha atatu mu 1953.

Umwami Charles yavuze indahiro ye afashe kuri bibiliya, ndetse asenga mu ijwi riranguruye, ibintu bibaye bwa mbere ku muntu wimye ingoma mu Bwongereza. Mu isengesho rye, yasabye Imana ko yamuba hafi akabera abaturage umugisha.

Yasizwe amavuta yera na Musenyeri wa Canterbury, yambikwa igisingo [ikamba ry’ubwami] ndetse anahabwa n’umwambaro wa cyami n’ibindi.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here