22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruUndi muhanzi wunyarwanda agiye gukorera igitaramo mu Bujumbura

Undi muhanzi wunyarwanda agiye gukorera igitaramo mu Bujumbura

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Umuhanzi Christopher wari umaze iminsi mu bitaramo byabereye i Burayi no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari amakuru ahamya ko agiye gutaramira i Bujumbura.

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Amakuru y’iki gitaramo yatangiye kugarukwaho cyane nyuma y’uko hagiye hanze amafoto ye na Simplice Ngendakumana uri mu bafite izina rikomeye mu gutegura ibitaramo i Burundi.

Aya mafoto yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga i Burundi, batangira guteguza igitaramo cya Christopher, icyakora yaba uyu muhanzi cyangwa Ngendakumana nta n’umwe wari wakivugaho.

Mu kiganiro na Danny Ndayishimiye uri mu bafasha Christopher mu bijyanye n’umuziki, yavuze ko nta byinshi yavuga kuri iki gitaramo, icyakora yemeza ko hari ibiganiro bikomeje ku buryo igihe icyo ari cyo cyose amakuru yacyo azamenyekana.

Ku rundi ruhande amakuru ya IGIHE ducyesha iyi nkuru ahamya ko uyu muhanzi azataramira i Bujumbura mu mpera z’uyu mwaka ndetse kuri ubu hakaba hasigaye ibiganiro bike n’ikipe iri kubitegura ku buryo mu minsi mike iri imbere byatangazwa.

Christopher unitegura gusohora indirimbo nshya mbere yo gushyira hanze album nayo yamaze gutunganya, azataramira i Bujumbura mbere gato yo kujya gukorera ibitaramo muri Canada nubwo naho ibyaho bitaratangazwa igihe bizabera.

Latest stories

spot_img