Urugo rwa Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, JD Vance, ruherereye mu mujyi wa Cincinnati, rwagabweho igitero n’umuntu wagerageje kurwinjiramo ku ngufu akoresheje inyundo agamije kumena amadirishya, ariko ahagarikwa n’inzego z’umutekano zari zirinze ako gace.
Aya makuru yatangajwe na JD Vance ubwe ku wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026, abinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), aho yashimiye byimazeyo abantu bagaragaje impuhwe n’inkunga yabo ku muryango we nyuma y’iki gikorwa cyateye impagarara.
Mu butumwa bwe, Visi Perezida wa Amerika yavuze ko uwagerageje kwinjira mu rugo rwe yagaragazaga imyitwarire idasanzwe, anahondesha inyundo ku madirishya agamije kuyamena.
Yagize ati: “Icyo navuga ni uko umuntu wataye umutwe yagerageje kwinjira mu nzu akubise inyundo ku madirishya. Ndashimira urwego rwa Secret Service na Polisi ya Cincinnati byatabaye bwangu.”
JD Vance yasobanuye kandi ko icyo gitero cyabaye mu gihe we n’umuryango we bari bataragera mu rugo, kuko bari bakiri mu rugendo bava i Washington, D.C. Ibi ngo byagize uruhare runini mu kwirinda ko habaho ingaruka zikomeye ku buzima bwabo.
Inzego z’umutekano zirimo Secret Service, ishinzwe kurinda abayobozi bakuru ba Amerika, ku bufatanye na Polisi yo mu mujyi wa Cincinnati, zatangaje ko zatabaye vuba kandi zigahagarika uwo muntu mbere y’uko agira icyo yangiza ku rugo cyangwa ku bandi.
Nubwo iperereza ku cyateye iki gikorwa rikomeje, inzego z’umutekano zemeje ko umutekano wa Visi Perezida JD Vance n’umuryango we wizewe kandi uhamye. Banahumurije abaturage ba Amerika n’inshuti z’igihugu ko nta muntu n’umwe wakomeretse cyangwa wagize ikibazo cy’ubuzima muri icyo gikorwa.
Iki gitero cyongeye kwerekana uko umutekano w’abayobozi bakuru b’ibihugu ukomeje gushyirwaho imbaraga, cyane cyane mu bihe isi igenda ihura n’ibikorwa by’abantu ku giti cyabo bishobora guhungabanya ituze n’umutekano rusange.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bibazo bisaba gukomeza kwitondera cyane umutekano w’abayobozi n’imiryango yabo, ndetse n’ubufatanye bukomeye hagati y’inzego z’umutekano z’igihugu n’iz’ibanze, mu rwego rwo gukumira ibishobora guteza ibyago bikomeye.



