24.3 C
Africa
Sondag, Maart 22, 2026
HomeImyidagaduroVera Sidika yahakanye ibihuha bimuhuza mu rukundo na Tipsy Gee

Vera Sidika yahakanye ibihuha bimuhuza mu rukundo na Tipsy Gee

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

Umunyamideli akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Vera Sidika, yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana amuhuza mu rukundo n’umuhanzi mushya wa Gen Z uzwi nka Tipsy Gee.

Aya makuru yavugwaga cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko Vera w’imyaka 36 yaba ari gukundana na Tipsy Gee w’imyaka 24. Ikinyuranyo  cy’imyaka 12 hagati yabo cyari cyakuruye impaka ndende, bituma inkuru irushaho gukwirakwira mu buryo bwihuse.

Mu itangazo rigufi yashyize hanze, Vera Sidika yavuze ko ayo makuru ari ibihuha bidafite ishingiro. Yavuze ko byatangijwe n’umuntu umwe, nyuma bikaza gufatwa n’abandi batabanje kugenzura ukuri kwabyo. Yashimangiye ko nta rukundo ruri hagati ye na Tipsy Gee, anasaba abantu guhagarika gukwirakwiza inkuru zitari zo.

Yagize ati ko ari inkuru mpimbano kandi ko yifuza ko icyo kibazo kirangirira aho, ubuzima bwe bukarekerwa mu mahoro.

Vera Sidika ni umwe mu byamamare bikurikiranwa cyane muri Kenya no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho buri kintu cyose kimuvuzweho gihita gifata indi ntera. Ku ruhande rwa Tipsy Gee, ari mu bahanzi bakizamuka mu njyana ya Arbantone ikomeje kwamamara mu rubyiruko.

Kugeza ubu, nta kimenyetso na kimwe kizewe kigaragaza ko hari umubano wihariye hagati y’aba bombi, bityo Vera Sidika asaba abafana n’abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda gukwirakwiza amakuru atizewe ashobora kwangiza izina rye cyangwa iry’undi wese.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here