18.4 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomeAmakuruWashington yohereje ubutumwa bukomeye ku Rwanda ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro na RDC

Washington yohereje ubutumwa bukomeye ku Rwanda ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro na RDC

Date:

Related stories

AFC/M23 Itangaje ko Igiye Kuva i Uvira Mu Rwego rwo Gushyigikira Ibiganiro by’Amahoro bya Doha

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amerika ibyivanzemo, AFC/M23 yemeye gukura ingabo zayo muri Uvira,gusa yahise itangaza ubutumwa bukarishye

  Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryafashe...

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....
spot_imgspot_img

 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Abagize Komite y’Ububanyi n’Amahanga ya Kongere y’Abadepite b’Amerika batangaje ubutumwa bukarishye bugenewe Leta y’u Rwanda, nyuma y’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo bashyize ahagaragara ku wa 10 Ukuboza 2025, abagize iyi Komite basabye ko Kigali yubahiriza mu buryo bwuzuye ibyo yemeye, bavuga ko “u Rwanda rugomba kubazwa burundu ku ngingo z’amasezerano rwasinye na RDC”, bemeza ko “ibyemeranyijweho bidafatwa nk’amahitamo ahubwo ari inshingano zisobanutse.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zitegereje ishyirwa mu bikorwa ridategwa ry’amasezerano, cyane cyane ibijyanye no kugabanya umurego w’imirwano, guhagarika inkunga ku mitwe yitwaje intwaro, ndetse no kugarura umutekano n’ituze mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Abagize Komite y’Ububanyi n’Amahanga banasabye umuryango mpuzamahanga gufata umwanzuro ukomeye ku bikorwa by’u Rwanda bafata nk’ibishobora kubangamira umutekano, basaba ibihugu by’inshuti gufatanya na Washington mu kwamagana ibikorwa byose byongera ubushyamirane.

Iyi myitwarire ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatwa nk’ubutumwa bugaragaza ko Washington ishaka ko aya masezerano aba inzira nshya yo guhosha umwuka mubi hagati ya Kinshasa n’umutwe wa M23, uvugwaho kenshi n’amakuru mpuzamahanga guhabwa inkunga na Kigali.

Iminsi iri imbere ni yo izerekana ubushake bw’ibihugu byombi mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho, hagamijwe ko amasezerano ya Washington aba intangiriro y’amahoro arambye mu karere.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here