39.8 C
Africa
Woensdag, Februarie 4, 2026
HomeAmakuruWashington yohereje ubutumwa bukomeye ku Rwanda ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro na RDC

Washington yohereje ubutumwa bukomeye ku Rwanda ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro na RDC

Date:

Related stories

Perezida Kagame asaba abashakanye kwihangana, agaragaza ingaruka z’isenyuka ry’imiryango ku gihugu

  Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko atumva uburyo abantu babiri...

Uganda: Allan Kasujja yagizwe umwe mu bayobozi bakuru ba Leta

  Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize umunyamakuru w’inararibonye...
spot_imgspot_img

 

Abagize Komite y’Ububanyi n’Amahanga ya Kongere y’Abadepite b’Amerika batangaje ubutumwa bukarishye bugenewe Leta y’u Rwanda, nyuma y’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo bashyize ahagaragara ku wa 10 Ukuboza 2025, abagize iyi Komite basabye ko Kigali yubahiriza mu buryo bwuzuye ibyo yemeye, bavuga ko “u Rwanda rugomba kubazwa burundu ku ngingo z’amasezerano rwasinye na RDC”, bemeza ko “ibyemeranyijweho bidafatwa nk’amahitamo ahubwo ari inshingano zisobanutse.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zitegereje ishyirwa mu bikorwa ridategwa ry’amasezerano, cyane cyane ibijyanye no kugabanya umurego w’imirwano, guhagarika inkunga ku mitwe yitwaje intwaro, ndetse no kugarura umutekano n’ituze mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Abagize Komite y’Ububanyi n’Amahanga banasabye umuryango mpuzamahanga gufata umwanzuro ukomeye ku bikorwa by’u Rwanda bafata nk’ibishobora kubangamira umutekano, basaba ibihugu by’inshuti gufatanya na Washington mu kwamagana ibikorwa byose byongera ubushyamirane.

Iyi myitwarire ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatwa nk’ubutumwa bugaragaza ko Washington ishaka ko aya masezerano aba inzira nshya yo guhosha umwuka mubi hagati ya Kinshasa n’umutwe wa M23, uvugwaho kenshi n’amakuru mpuzamahanga guhabwa inkunga na Kigali.

Iminsi iri imbere ni yo izerekana ubushake bw’ibihugu byombi mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa ibyemeranyijweho, hagamijwe ko amasezerano ya Washington aba intangiriro y’amahoro arambye mu karere.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here