23.2 C
Africa
Dinsdag, Maart 3, 2026
HomeImyidagaduro“Wicishije amazi, turakubonye”– Bahati Makaca yanenze The Ben ku guhurira ku rubyiniro...

“Wicishije amazi, turakubonye”– Bahati Makaca yanenze The Ben ku guhurira ku rubyiniro na Bruce Melodie

Date:

Related stories

spot_imgspot_img

 

Bahati Makaca wamamaye cyane binyuze mu itsinda Just Family, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kunenga icyemezo The Ben yafashe cyo guhurira ku rubyiniro na Bruce Melodie mu gitaramo “The NU-Year Groove” giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 muri BK Arena.

Serivisi za Digital za Afrovera

Dufasha business n’imishinga kugaragara online bin yuze muri serivisi za digital zinoze kandi ku giciro gito cyane.

  • ✔ Gukora Website za business & companies
  • ✔ Posters & Graphic Design
  • ✔ Website Hosting & Domain
  • ✔ Gufungura YouTube Channels za business

Andikira kuri WhatsApp:

+254 700 852 479

Mu butumwa burebure yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Bahati Makaca yavuze ko kubona The Ben yifashisha Bruce Melodie kugira ngo yuzuze BK Arena ari nko “kwicisha amazi”, agaragaza ko The Ben ari umuhanzi ufite izina n’ubushobozi bihagije byo kwikorera igitaramo wenyine.

Yibukije ko mu mwaka ushize The Ben yari yarashoboye kuzuza BK Arena abikesha abakunzi be, bityo asanga byari bidakenewe ko yiyunga n’undi muhanzi mu gitaramo nk’iki. Ku bwe, iki cyemezo cyashoboraga gusiga icyasha ku cyubahiro The Ben yari asanzwe afite.

Bahati Makaca yakomeje anenga The Ben ku kuba yarasubije Bruce Melodie mu ndirimbo, avuga ko ibyo bitajyanye n’imyitwarire n’indangagaciro byari bimuranga mbere. Yavuze ko kumusubiza byahaye Bruce Melodie umwanya wo kwigaragaza kurushaho, ndetse bikaba byanatuma The Ben atakaza bamwe mu bafana be.

Uyu munyabigwi wigeze no gushora imari muri sinema nyarwanda, yanagaragaje impungenge ku bandi bahanzi bakorana na The Ben mu mushinga Press One, asanga bashobora kuba batishimiye uko yitwaye muri iyi minsi y’inkundura.

Ibi abitangaje mu gihe hakomeje kumvikana guterana amagambo gukomeye hagati ya The Ben na Bruce Melodie, bombi bahanganye mu kugaragaza uwaba uyoboye abandi mu muziki nyarwanda. Iyi nkundura yatangiye cyane ubwo hatangiraga gutegurwa igitaramo “The NU-Year Groove” kizabahuriza hamwe ku wa 1 Mutarama 2026.

Nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Indabo zanjye’, intambara y’amagambo yongeye kubura, aho aba bahanzi bombi bakomeje gucyocyorana. N’ubwo The Ben yari yabanje kwirinda kugaragaza ko iyi ndirimbo yayihimbiye Bruce Melodie, yaje gutangaza ko ari uburyo bwo gusubiza mugenzi we, avuga ko yari amaze igihe kinini amushotora.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here