27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduro“Wicishije amazi, turakubonye”– Bahati Makaca yanenze The Ben ku guhurira ku rubyiniro...

“Wicishije amazi, turakubonye”– Bahati Makaca yanenze The Ben ku guhurira ku rubyiniro na Bruce Melodie

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Bahati Makaca wamamaye cyane binyuze mu itsinda Just Family, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kunenga icyemezo The Ben yafashe cyo guhurira ku rubyiniro na Bruce Melodie mu gitaramo “The NU-Year Groove” giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 muri BK Arena.

Mu butumwa burebure yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Bahati Makaca yavuze ko kubona The Ben yifashisha Bruce Melodie kugira ngo yuzuze BK Arena ari nko “kwicisha amazi”, agaragaza ko The Ben ari umuhanzi ufite izina n’ubushobozi bihagije byo kwikorera igitaramo wenyine.

Yibukije ko mu mwaka ushize The Ben yari yarashoboye kuzuza BK Arena abikesha abakunzi be, bityo asanga byari bidakenewe ko yiyunga n’undi muhanzi mu gitaramo nk’iki. Ku bwe, iki cyemezo cyashoboraga gusiga icyasha ku cyubahiro The Ben yari asanzwe afite.

Bahati Makaca yakomeje anenga The Ben ku kuba yarasubije Bruce Melodie mu ndirimbo, avuga ko ibyo bitajyanye n’imyitwarire n’indangagaciro byari bimuranga mbere. Yavuze ko kumusubiza byahaye Bruce Melodie umwanya wo kwigaragaza kurushaho, ndetse bikaba byanatuma The Ben atakaza bamwe mu bafana be.

Uyu munyabigwi wigeze no gushora imari muri sinema nyarwanda, yanagaragaje impungenge ku bandi bahanzi bakorana na The Ben mu mushinga Press One, asanga bashobora kuba batishimiye uko yitwaye muri iyi minsi y’inkundura.

Ibi abitangaje mu gihe hakomeje kumvikana guterana amagambo gukomeye hagati ya The Ben na Bruce Melodie, bombi bahanganye mu kugaragaza uwaba uyoboye abandi mu muziki nyarwanda. Iyi nkundura yatangiye cyane ubwo hatangiraga gutegurwa igitaramo “The NU-Year Groove” kizabahuriza hamwe ku wa 1 Mutarama 2026.

Nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Indabo zanjye’, intambara y’amagambo yongeye kubura, aho aba bahanzi bombi bakomeje gucyocyorana. N’ubwo The Ben yari yabanje kwirinda kugaragaza ko iyi ndirimbo yayihimbiye Bruce Melodie, yaje gutangaza ko ari uburyo bwo gusubiza mugenzi we, avuga ko yari amaze igihe kinini amushotora.

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here